BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Rubavu: Umusore yakubiswe n’abantu bimuviramo urupfu

Rubavu: Umusore yakubiswe n’abantu bimuviramo urupfu

admin
Last updated: October 29, 2022 10:19 am
admin
Share
SHARE

Abarinda ibirayi by’abaturage mu Karere ka Rubavu bazwi “nk’abarinzi b’amahoro”, barakekwaho gukubita umusore ukekwaho ubujura bikamuviramo urupfu. Ubuyobozi bwabwiye UMUSEKE ko hari abatawe muri yombi barimo n’umuyobozi w’umudugudu bari gukorwaho iperereza.

Akarere ka Rubavu kabereyemo ubwo bugizi bwa nabi

Ku wa 27 Ukwakira 2022 nibwo musore w’imyaka 21 wo mu mu Murenge wa Bugeshi, Akagari ka Mutovu, Umudugudu wa Mburamazi yapfuye bikekwa ko yishwe n’inkoni yakubiswe n’abo barinzi.

Senyoni Jean Pierre, Umuyobozi w’umurenge wa Bugeshi w’umusigire yabwiye UMUSEKE ko kugeza ubu hari abakekwa bari gukorwaho iperereza barimo n’umuyobozi w’Umudugudu ariko batatu bakekwa bari ku burinzi bo bahise batoroka.

Yagize ati “Habayeho insanganya, abakoze ayo makosa bo baratorotse, umuntu yaje kwitaba Imana, ubu biri mu rwego rw’ubugenzcyaha.”

Avuga ku bari gukurikiranwa n’urwego rw’Ubugenzacyaha yagize ati “Hari umukuru w’umudugudu urimo gukurikiranwa mu rwego rwo gutanga amakuru, ni we uri Sitasiyo ya RIB, abandi baratorotse. Batatu baratorotse. Ibindi bikurikiraho biri mu bugenzacyaha.”

Yavuze ko abagize ibyago bahumurijwe ndetse abarinzi bamwe bari kwigishwa ngo iyo myitwarire ntiyongere.

Gitifu Senyoni akomeza avuga ko umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa ku Bitaro bya Gisenyi gukorerwa isuzuma mbere y’uko ushyingurwa. Ni mu gihe hagishakishwa abakekwa ubwo bugizi bwa nabi.

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • sinibagiwe esidras says:
    October 29, 2022 at 12:27 pm

    abanyakongo bashake amahoro bidaciye muntambara

    Reply

Leave a Reply to sinibagiwe esidras Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?