BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Nov 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru zindi > Rubavu: Uwavugwagaho imyitwarire mibi yapfuye urupfu rw’amayobera

Rubavu: Uwavugwagaho imyitwarire mibi yapfuye urupfu rw’amayobera

admin
Last updated: December 6, 2022 10:58 am
admin
Share
SHARE

Turikumwe Assouman uri mu kigero cy’imyaka 33 bivugwa ko akomoka mu karere ka Rutsiro yapfuye urupfu rutunguranye mu karere ka Rubavu, Umurenge wa Nyamyumba, Akagari ka Busoro mu Mudugudu wa Kiguri.

Ibi byabaye kuri uyu wa 04 ukuboza 2022 mu masaha y’umugoroba.

Turikumwe Assouman bivugwa ko yaramaze iminsi avuye mu kigo cy’inzererezi cya  Kanzenze,kubera imyitwarire ye mibi irimo n’ubujura.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyamyumba,Murindangabo Eric, yabwiye UMUSEKE ko uyu musore  yapfuye  nyuma yo kujya mu rugo rwo kwa nyinawabo  arwaye nubwo hatamenyekanye uburwayi bwe .

Yagize ati “Ubusanzwe agira imyitwarire mibi i.Hari ababeshyaga ko yari avuye muri transit Center kandi kuva aho aviriyeyo hari hamaze gutaha ibyiciro bitatu kandi icyiciro kimwe kimara amezi atatu.Rero nk’umuturage nk’uwo utagira aho aba,ari umwana wo mu muhanda.Yaragiye amara iminsi atagaragara iwabo.Nyuma yabonye arwaye, ntabwo bizwi aho yabaga, afata moto imugeza kwa nyina wabo, mu kanya ngo arapfuye.Ariko mu by’ukuri ni urupfu rusanzwe”

Uyu muyobozi yavuze ko “abo mu muryango we basabye ko yahita ashyingurwa kandi twarabibemereye kuko bavugaga ko ari urusanzwe.”

UMUSEKE wamubajije niba hari uburwayi buzwi yaba azize maze gira ati “Kubera ko ataguye kwa muganga nta bundi burwayi bwagaragaye.Ntabwo bazi ngo yari arwaye iki.Kubera ko ntiyahabaga kandi ntanubwo yaharwariye ngo bamenye icyo yari arwaye.”

Uyu muyobozi avuga ko kubera imyitwarire ye yari yarafungiwe IWAWA, asaba abaturage kwirinda ingeso mbi.

Yagize ati “Ni ukwirinda ingeso mbi zishobora gutuma tujya no muri ibyo bigo ngororamuco.Tuba twagiye kugorora ntabwo tuba twagiye kuvutsa umuntu ubuzima ariko nanone muri iyo myitwarire ye ishobora gutuma n’abandi bamugirira nabi.”

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • CLAUDE says:
    December 6, 2022 at 11:19 am

    ntacyo yabona. n’ubundi ntamahoro y’umunyabyaha.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?