BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jul 19, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Rubavu: Umuturage yariwe n’inzuki zimutsinda mu murima

Rubavu: Umuturage yariwe n’inzuki zimutsinda mu murima

admin
Last updated: September 26, 2022 7:01 pm
admin
Share
SHARE
Sekayuzi Bigirabagabo Deo w’imyaka 65 wari usanzwe akora akazi ko guhinga no korora, yasanzwe mu murima yashizemo umwuka nyuma yo kurumwa n’inzuki.
Inzuki zariye umugabo ziramwica

Ibi byabaye kuwa 24 Nzeri 2022, bibera mu Murenge wa Nyamyumba, Akagari ka Kinigi Umudugudu wa Burevu  mu Karere ka Rubavu.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamyumba, Niyomugabo Innocent, yabwiye UMUSEKE ko uyu muturage yagiye mu murima nk’uko bisanzwe, agezeyo asanga inzuki zabaye nyinshi maze yigira inama yo gusubira mu rugo gushaka ikibiriti kugira ngo azigabanye amakare.

Yagize ati“Yari agiye guhinga mu murima we, agezeyo asangamo inzuki zimubuza guhinga, yasanze zaritsemo zabaye nyinshi. Asubira mu rugo gufata ikibiriti ngo acane zigabanye amashagaga , imyotsi izirukane, mu gihe yacanaga wa muriro, basanze zamuriye yamaze gupfa.”

Uyu muyobozi yavuze ko n’abaje gutabara baje basanga umuriro wamutwitse ariko ko yishwe n’inzuki.

Niyomugabo yavuze ko umuryango wemeza ko uyu muturage yaje gufata ikibiriti iwe mu rugo kandi ko nta muntu bashyira mu majwi kuba inyuma y’urwo rupfu.

Uyu muryango wasabaga ko wahita uhabwa umurambo wa nyakwigendera kugira ngo uhite ushyingurwa kuko nta muntu ubiri inyuma.

Uyu muyobozi yasabye abantu kwigengesera bakirinda gucokoza Inzuki mu mizinga.

Yagize ati” Inzuki zifite uko zororwa, Inzuki ziba mu mizinga. Niba uzibonye wirinda kuzicokoza kugira ngo zitajya ahandi hantu.”

Nyakwigendera asize umuryango w’abantu batanu, umurambo we uri ku Bitaro bya Gisenyi mu gihe bagitereje ko bahabwa uburenganzira bwo kuwushyingura.

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • nzasengimana gaetan says:
    September 26, 2022 at 8:49 pm

    IMANA IMWAKIRE MUBAYO

    Reply
  • nzasengimana gaetan says:
    September 26, 2022 at 8:49 pm

    IMANA IMWAKIRE MUBAYO

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Rubavu: Umugore afunzwe akekwaho kwica umugabo we

Umugore wo mu Karere ka Rubavu afunzwe akekwaho kwica umugabo we w’imyaka…

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

Perezida w’ikipe ya AS Kigali, Shema Ngoga Fabrice, agiye gutanga kandidatire yo…

RDC na M23 basinyanye amasezerano aganisha ku mahoro arambye

Intumwa za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’iz’umutwe wa…

Shema Ngoga Fabrice yatanze kandidatire yo kuyobora FERWAFA

Shema Ngoga Fabrice usanzwe uyobora AS Kigali yatanze kandidatire yo kuyobora Ishyirahamwe…

RDC: Umudepite yatabarije impunzi z’ Abanyekongo ziri mu Burundi ko ubuzima bwazo buri mu kaga

Umudepite uhagarariye Intara ya Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?