BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Rubavu: Umunyeshuri wa Kaminuza yasanzwe yapfuye

Rubavu: Umunyeshuri wa Kaminuza yasanzwe yapfuye

admin
Last updated: December 30, 2022 9:43 am
admin
Share
SHARE

Mugengamanzi John w’imyaka 30 wigaga mu mwaka wa gatatu muri Kaminuza y’Ubukerarugendo ya UTB ishami rya Rubavu yasanzwe aho yari atuye yapfuye.

Akarere ka Rubavu kavugwamo urupfu rw’umunyeshuri wa Kaminuza

 Ahagana saa mbili z’igitondo cyo kuri uyu wa 29 Ukuboza 2022, nibwo umukozi wamukoreraga yaje kumureba aho yari atuye mu Mudugudu wa  Buhuru, Akagari ka Byahi, Umurenge wa Rubavu, maze aramukomangira ntiyakingura nibwo gutabaza baraza bica urugi basanga yapfuye.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubavu, Harerimana E. Blaise yahamirije UMUSEKE aya makuru, avuga ko bikekwa ko yaba yazize uburwayi bw’igifu .

Yagize ati “Bamusanze iwe aho yari acumbitse, byamenyekanye mu gitondo ahana saa moya zishyira saa mbili, bimenyeshwa inzego zibishinzwe z’ubugenzacyaha nabo mu muryango we bari hafi aho ariko kugeza ubu umurambo washyikirijwe umuryango kugirango bategure kuwushyingura.”

Harerimana E. Blaise avuga ko mu makuru atangwa n’abantu babanaga  avuga  ko yari afite uburwayi bw’igifu, ndetse mu minsi ibiri ya mbere y’uko basanga yapfuye bivugwa ko yarimo ataka afite ububabare.

Ibintu bishobora kuba aribyo byatumye aremba ariko akabura umuba hafi nk’umuntu wabaga mu nzu wenyine.

Nyakwigendera wari ukiri ingaragu, akaba yari afite umukozi wamukoreraga, gusa buri wese yari afite inzu ye abamo bituma atabasha kumenya niba yarembye ngo abe yamwihutana kwa muganga.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Irihose Peter says:
    December 30, 2022 at 4:19 pm

    yoooooh isi nayo ingira ibyayo gsa abasigaye bakomere wenda yangiye kudutengurira #

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?