BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Rubavu: Umunyeshuri wa Kaminuza yasanzwe yapfuye

Rubavu: Umunyeshuri wa Kaminuza yasanzwe yapfuye

admin
Last updated: December 30, 2022 9:43 am
admin
Share
SHARE

Mugengamanzi John w’imyaka 30 wigaga mu mwaka wa gatatu muri Kaminuza y’Ubukerarugendo ya UTB ishami rya Rubavu yasanzwe aho yari atuye yapfuye.

Akarere ka Rubavu kavugwamo urupfu rw’umunyeshuri wa Kaminuza

 Ahagana saa mbili z’igitondo cyo kuri uyu wa 29 Ukuboza 2022, nibwo umukozi wamukoreraga yaje kumureba aho yari atuye mu Mudugudu wa  Buhuru, Akagari ka Byahi, Umurenge wa Rubavu, maze aramukomangira ntiyakingura nibwo gutabaza baraza bica urugi basanga yapfuye.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubavu, Harerimana E. Blaise yahamirije UMUSEKE aya makuru, avuga ko bikekwa ko yaba yazize uburwayi bw’igifu .

Yagize ati “Bamusanze iwe aho yari acumbitse, byamenyekanye mu gitondo ahana saa moya zishyira saa mbili, bimenyeshwa inzego zibishinzwe z’ubugenzacyaha nabo mu muryango we bari hafi aho ariko kugeza ubu umurambo washyikirijwe umuryango kugirango bategure kuwushyingura.”

Harerimana E. Blaise avuga ko mu makuru atangwa n’abantu babanaga  avuga  ko yari afite uburwayi bw’igifu, ndetse mu minsi ibiri ya mbere y’uko basanga yapfuye bivugwa ko yarimo ataka afite ububabare.

Ibintu bishobora kuba aribyo byatumye aremba ariko akabura umuba hafi nk’umuntu wabaga mu nzu wenyine.

Nyakwigendera wari ukiri ingaragu, akaba yari afite umukozi wamukoreraga, gusa buri wese yari afite inzu ye abamo bituma atabasha kumenya niba yarembye ngo abe yamwihutana kwa muganga.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Irihose Peter says:
    December 30, 2022 at 4:19 pm

    yoooooh isi nayo ingira ibyayo gsa abasigaye bakomere wenda yangiye kudutengurira #

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?