BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Mar 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Rubavu: Umugabo w’imyaka 32 yasanzwe mu mugozi yapfuye

Rubavu: Umugabo w’imyaka 32 yasanzwe mu mugozi yapfuye

admin
Last updated: October 15, 2022 12:49 pm
admin
Share
SHARE

Nsabimana w’imyaka 32 wo mu Murenge wa Kanama muri Rubavu yimanitse mu mugozi akoresheje supernet ubwo umugore we yari agiye mu murima gushaka ibyo kurya bararira.

Ibi byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, tariki 14 Ukwakira 2022 mu masaha ya saa kumi n’ebyiri, mu Mudugudu wa Rwankomo, Akagari ka Kamuhoza, Umurenge wa Kanama ho muri Rubavu.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanama, Mugisha Honore yahamirije UMUSEKE iby’uru rupfu rw’uyu mugabo nubwo icyamuteye kwiyambura ubuzima batakimenye.

Ati “Byabaye ejo saa kumi n’ebyiri mu Mudugudu wa Rwankomo, aho umugore we yaje agasanga yimanitse mu mugozi. Ukurikije amakuru twahawe n’abaturage nuko nta makimbirane bari bafitanye ariko inzego zibishinzwe zirimo kubikurikirana.”

Mugisha Honore yongeye kwibutsa abantu ko nta mpamvu n’imwe ikwiye gutuma umuntu yiyambura ubuzima, mu gihe hari ibibazo bafite n’undi muntu bakiyambaza ubuyobozi bukabikemura cyangwa se undi muntu bizeye aho gufata umwanzuro ugayitse wo kwiyahura.

Nsabimana bikekwa ko yiyahuye akaba asize abana bane n’umugore umwe babanaga muri urwo rugo.

Ubwo iyi nkuru yakorwaga umurambo wa nyakwigendera ukaba wari aho yiyahuriye mu cyumba bararagamo, gusa inzego z’umutekano zikaba zari zihari hategerejwe umwanzuro ufatwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB.

Ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wo kurwanya kwiyambura ubuzima tariki 10 Nzeri 2021 mu Rwanda, RIB yagaragazaga ko 28% by’impfu ziterwa no kwiyahura ziba zifitanye isano n’amakimbirane yo mu ngo, gusa bakagaragaza ko imibare y’abantu biyahura yagabanutseho 2% mu 2020 na 2021.

Imibare y’Urwego rw’Igihugu ry’Ubugenzacyaha RIB igaragaza ko mu 2019/2020 mu Rwanda abantu 291 biyahuye, naho mu 2020/2021 abiyambuye ubuzima baragabanuka bagera kuri 285.

NKURUNZIZA Jean Baptiste / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi

Perezida Donald Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti za Leta Zunze Ubumwe za…

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi…

Madagascar yashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma yo gusesa Guverinoma

Perezida wa Madagascar, Col. Michael Randrianirina yatangaje ko Mamitiana Rajaonarison ari we…

Kenya yemeje ko u Burusiya butazongera kujyana abenegihugu bayo mu ntambara yo muri Ukraine

Minisitiri w’Intebe wa Kenya akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Musalia Mudavadi, yatangaje…

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?