BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Rubavu: Umugabo ukekwaho kwica mushiki we yarashwe “ashaka gutoroka”

Rubavu: Umugabo ukekwaho kwica mushiki we yarashwe “ashaka gutoroka”

admin
Last updated: January 8, 2023 9:46 am
admin
Share
SHARE

Umugabo w’imyaka 45 wari ukurikiranyweho kwica mushiki we mu Karere ka Rubavu, yarashwe n’inzego z’umutekano ubwo yageragezaga gutoroka.

Imbunda

Uyu mugabo witwa Mburenumwe Claver, yari yatawe muri yombi muri iki Cyumweru, ku wa Gatatu tariki 04 Mutarama 2023 nyuma y’uko umurambo wa mushiki we byakekwaga ko ari we wamwishe ubonetse aho yari yawuhambye mu mbuga y’urugo babanagamo.

Byabereye mu Mudugudu wa Karambi, Akagari ka Kinigi, mu Murenge wa Nyamyumba muri Rubavu.

Rubavu: Umugabo yishe mushiki we ahita amushyingura

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 07 Mutarama 2023, Mburenumwe bivugwa ko yajyanywe aho yakoreye icyaha yakekwagaho, ubwo yari agiye kwerekana igikoresho yakoresheje muri ubu bugizi bwa nabi agezeyo asha kwiruka ngo atoroke inzego z’umutekano.

Inzego z’umutekano zari zimujyanye mu rwego rwo gukora iperereza, zahise zimurasa ahita apfa.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyamyumba bwemereye RADIOTV10 ko ibi byabaye ko uyu Mburenumwe yarashwe arapfa.

Abaturanyi ba nyakwigendera, bari babwiye RADIOTV10 ko uyu mugabo nahamwa n’iki cyaha cy’ubugizi bwa nabi bwo kwica urw’agashinyaguro umuvandimwe we, yazahabwa igihano kimukwiye kiruta ibindi mu Rwanda.

ISOOKO: RADIOTV10

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
4 Comments
  • lg says:
    January 8, 2023 at 2:47 pm

    Zamaze ubundi nicyo kibakwiye naho gufungwa imyaka 15 icyo sigihano nawe aba agomba gupfa akabura ibyatumye yica umubyeyi cyangwa umuvandimwe ahubwo Leta ijye ikurikirana iyo mitungo ifatirwe kugirango uwo nanapfa bidasigarana umuryango we bakungukira mubyo uwo mwicanyi

    Reply
  • David says:
    January 9, 2023 at 7:14 am

    Ababyeyi bohambere bitaga amazina mabi agakurikirana abana babo.Abuze numwe koko.ngo ni Mburenumwe?

    Reply
  • Marie Jeanne says:
    January 9, 2023 at 12:00 pm

    Yewe ! Babivuze ukuri Koko ngo”Mburenumwe”

    Reply
  • Anonymous says:
    January 10, 2023 at 6:37 pm

    YIGAYE.PE.POLICE.YAMUHAYE.IBYO.AKWIYE

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?