BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jul 18, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Rubavu: Abahunga imirwano bagiye gushakirwa ahantu hihariye bajya

Rubavu: Abahunga imirwano bagiye gushakirwa ahantu hihariye bajya

admin
Last updated: November 14, 2022 1:17 pm
admin
Share
SHARE

Mu Karere ka Rubavu hagiye gushakwa ahantu hihariye ho gushyira abanyecongo mu gihe bahunga ari benshi imirwano ishyamiranyije ingabo za Leta n’umutwe wa M23.

Impunzi z’abanyekongo zakiriwe mu Rwanda kuri uyu wa gatandatu

Ni nyuma y’uko kuri iki cyumweru tariki 13 Ugushyingo 2022 mu Mirenge ya Busasamana na Bugeshi hakiriwe imiryango 33 igizwe n’abantu 89 baturutse muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo bahunze imirwano.

Aba baturage ba RD Congo binjiriye ku mupaka wa Kabuhanga uhuza u Rwanda na Congo uri mu Karere ka Rubavu, bahunze intambara iri guca ibintu yerekeza mu Mujyi wa Goma.

Bamwe mu baturage bo mu Mirenge yakiriye izi mpunzi bavuga ko abari guhunga biganjemo abagore n’abana bakaba barabakirije ibyo bafite.

Umwe yagize ati “Twe nta kibazo kubyo dutunze turi gusangira uko bingana, ntiwarya umuntu waguhungiyeho akureba.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse kuri uyu wa 14 Ugushyingo 2022 yabwiye UMUSEKE ko aba banyekongo 89 bakiriwe neza ku butaka bw’u Rwanda bakaba batekanye, nta kibazo bafite.

Avuga ko kugeza magingo aya bacumbikiwe n’abaturage bagenzi babo ariko ubuyobozi bukaba buri gushaka ubushobozi kugira ngo babiteho.

Mayor Kambogo avuga ko bafatanyije n’inzego zitandukanye bagiye gutegura ahantu hihariye ho kwakira abandi banyekongo bahunga imirwano ikomeje kubera hakurya y’u Rwanda.

Ati “Hari ahantu turi guteganya ko dushobora kubafashiriza dufatanyije n’inzego MINEMA n’abandi bose kugira ngo turebe uburyo twabafasha kandi no kwitegura mu buryo burambye haramutse havutse ikindi kibazo.”

Mayor Kambogo yavuze ko abaturage ayobora, bakomeje ibikorwa by’iterambere ko nta kibazo cy’umutekano bafite kandi ko badatewe impungenge n’urusaku rw’amasasu yumvikana mu bice biberamo intambara muri Congo.

Ati “Abaturage bacu bafite icyizere gikomeye cyane nk’uko duhora tubibabwira n’inzego z’umutekano zibabwira ko barinzwe, akazi kabo kagakomeza mu buryo busanzwe, bazi ko umutekano wabo urinzwe.”

Abaturage bahungiye mu Rwanda bavuga ko bafashwe neza na bagenzi babo bo mu Rwanda, biteguye gusubira iwabo mu gihe hagaruka amahoro.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yakiriye Intumwa yihariye ya Perezida Paul…

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

Miss Nishimwe Naomie ubitse ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yihanangirije…

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

Thomas Lubanga washinze umutwe witwaje intwaro wa FRP (Force pour la révolution…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rufite ikizere cy’uko amasezerano rwasinyanye na DRC azatanga umusaruro

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?