BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Nov 12, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Rubavu: Abitwaje intwaro gakondo bakomerekeje abaturage batatu

Rubavu: Abitwaje intwaro gakondo bakomerekeje abaturage batatu

admin
Last updated: October 19, 2022 3:13 pm
admin
Share
SHARE

Mu ijoro rishyira kuri uyu wa Gatatu mu Murenge wa Gisenyi, abagizi ba nabi bitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro n’inkoni bateye abaturage bakomeretsa abantu batatu barimo abanyerondo.

Ibiro by’Akarere ka Rubavu

Ibi byabereye mu Mudugudu wa
Nyabagobe, Akagari ka Nengo, Umurenge wa Gisenyi ho muri Rubavu, mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu, tariki 19 Ukwakira 2022 ahagana saa saba z’ijoro.

Abaturage bari mu batabaye abanyerondo barimo batabaza kubera gukubitwa n’aba bantu bitwaje imihoro n’inkoni, bavuga ko bari abantu bagera ku icumi bambaye bote n’imyenda isa.

Umwe muri bo yavuze ko yabanje kumva igihiriri cy’abantu akagira ngo ni abanyerondo b’umwuga, ariko aza kumva umuntu atabaza.

Asohotse ngo yasanze aba bantu bataramenyekana bari ku munyerondo bahondagura, maze aratabaza ariko umuturage wasohotse ngo bamusubijeyo inkungugu bashaka kumukubita, banamubwira kuzimya amatara.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba,  CIP Rukundo Mucyo,
yabwiye UMUSEKE ko na bo aya makuru bayamenye, kandi bahise batabara bakaba bakiri gushakisha aba bagizi ba nabi.

Ati “Inkuru natwe twayimenye turimo kubikurikirana kugira ngo ababikoze batahurwe.”

CIP Rukundo Mucyo, yasabye abaturage kutagira impungenge kuko inzego z’umutekano zihari kandi zicunze neza umutekano w’abaturage, bityo ko ntawe ukwiye kugira ikibazo.

Nubwo yahumurije abaturage, bo bavuga ko inzego z’umutekano zikwiye kurushaho kuhakaza umutekano kuko bimaze kurenga ubushobozi bw’abanyerondo niba na bo basagarirwa, bakanagira impungenge kubera guturira umupaka.

Aba bakomerekejwe uko ari batatu bakaba bahise bajyanwa ku Bitaro bya Gisenyi kwitabwaho n’abaganga, ubuzima bwabo bukaba bumeze neza ku buryo bashobora gusezerwa bagasubira mu miryango yabo  nk’uko twabibwiwe na CIP Rukundo Mucyo.

Mu baturage bakomerekejwe harimo abanyerondo babiri n’umuzamu umwe wa rumwe mu ngo zo muri uwo mudugudu.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Donald Trump yoherereje ibaruwa perezida wa Isiraheli amusaba kubabarira byimazeyo Benjamin Netanyahu 

Perezida wa leta zunze ubumwe za Amerika yagaragaje ko igihe kigeze ngo…

Imirwano yasakiranyike M23 na FARDC n’abo bafatanyije muri Masisi yafatiwemo uduce

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 12 Ugushyingo 2025, imirwano ikaze yadutse…

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye muri Gabon, rwahamije Sylvia Bongo Ondimba, umugore wa…

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, yakiriwe na Perezida wa Angola,…

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

Ikipe ya Rayon Sports yashyizwe ku rutonde rw’amakipe atemerewe kwandikisha abakinnyi muri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
Politike

Gen Muhoozi yifurije Perezida Kagame isabukuru nziza

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?