BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Dec 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Abanyereza imisoro bakomeje gufatwa, RRA igaruje miliyoni 300 Frw

Abanyereza imisoro bakomeje gufatwa, RRA igaruje miliyoni 300 Frw

admin
Last updated: December 28, 2022 11:13 am
admin
Share
SHARE

Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) kimaze kugaruza miliyoni zirenga 300 Frw mu gihe cy’ukwezi kumwe bamaze bacyebura abacuruzi badatanga inyemezabwishyu za EBM.

Mu gihe cy’Ukwezi hamaze kugaruzwa miliyoni 300 Frw z’abadakoresha EBM

Izi miliyoni zimaze kugaruzwa mu gikorwa RRA ikomeje gukora hirya no hino mu gihugu igenzura, ndetse ikanafungira abacuruzi badakoresha EBM, aho kuva tariki 29 Ugushyingo 2022 abacuruzi banyuranye bafungiwe abandi barihanangirizwa.

Komiseri Wungirije Ushinzwe Abasora muri RRA, Uwitonze Jean Paulin mu kiganiro na Radio/TV10 yavuze ko mu gihe cy’Ukwezi  bamaze gufunga inzu z’ubucuruzi 54, batanga PV (Inyandikomvugo imenyesha icyaha) 400 ndetse bagaruza miliyoni 300 z’amafaranga y’u Rwanda.

Yagize ati “Tumaze gutanga PV zigera kuri 400, ndetse tumaze kugaruza miliyoni zigera kuri 300 Frw mu kwezi kumwe, birumvikana ko ari amafaranga menshi cyane, kandi ntabwo twavuga ngo twageze hose, hari abihannye n’abandi bakiri muri ayo mayeri ariko uko iminsi sihira turagenda tubageraho.”

Ibikorwa by’ubucuruzi 54 bimaze gufungwa ba nyirabyo bagomba kumara igihe cy’Ukwezi badakora nubwo hari abasaba imbabazi bagafungurirwa, ni mu gihe kandi uwafungiwe ubucuruzi bwe Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) gihita kimukorera igenzura ry’ububiko bw’ibicuruzwa bye kugirango barebe niba ntayindi misoro yanyereje na mbere ngo abihanirwe.

Uwitonze Jean Paulin yavuze ko bafungira abacuruzi binangiye, ati “Abakozi ibyaha bazafungirwa, abo dufungira ni abantu bagaragaza ko binangiye mu mikorere yabo, usanga afite PV hejuru y’eshatu, uw’imwe cyangwa ebyiri hari ukuntu tugoragoza, ariko hejuru y’eshatu icyo gihe bigaragara ko afite umugambi wo kunyereza umusoro.”

Komiseri Wungirije Ushinzwe Abasora muri RRA avuga ko amayeri abacuruzi bafite yo kudatanga inyemezabwishyu ya EBM bamaze kuyatahura, bityo bakwiye kurya bari menge abagitekereza kunyereza imisoro.

Yagize ati “Abantu bo kubikora kubera ubwoba bavuga ngo Rwanda Revenue yakajije umurego, EBM yabaye ibindi bindi ngo reka tuguhe ako kwitwaza, bahindura umuvuno bakajya bandika make, uwishyuye ibihumbi icumu bakandika bitandatu, ibyo turabizi kandi turanabibona. Hari abandi barangura bakababwira ngo ni bagende nibagerayo bavuge bahita bahagarika facture.”

Ashimangira ko abakora amanyanga nk’aya bazajya batahurwa mu igenzura ry’ububiko bw’ibicuruzwa bari gukorera abacuruzi, mu gihe bazasanga ibyo binjije nibyo na EBM zatanzwe, aho mu gihe cy’Ukwezi hamaze kugenzurwa ububiko bw’ibicuruzwa bufite agaciro ka miliyoni zisaga 600 Frw.

Abacuruzi n’abaguzi bakaba bibukijwe ko gutanga no guhabwa inyemezabwishyu ya EBM bigomba kuba umuco, ibi bikazafasha mu itangwa ry’imisoro yifashishwa mu iterambere ry’igihugu.

Komiseri Wungirije Ushinzwe Abasora muri RRA, Uwitonze Jean Paulin yasabye abacuruzi ko gutanga EBM biba umuco

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?