BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > RIB yemeje ifungurwa ry’umunyamakuru Guterman

RIB yemeje ifungurwa ry’umunyamakuru Guterman

admin
Last updated: September 23, 2022 8:35 am
admin
Share
SHARE
Umunyamakuru wa Radiyo na Televiziyo mu Mujyi wa Kigali Yafunguwe, nyuma y’aho byitangajwe ko yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho ibyaha bitatu.

Umunyamakuru Guterman yafunguwe

Uyu munyamakuru witwa Bujyacyera Jean Paul uzwi nka Guterman amakuru yavugaga ko yatawe muri yombi kuwa  21 Nzeri 2022.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Dr Murangira B.Thierry, mu gitondo cyo kuwa kane, yabwiye UMUSEKE ko uyu munyamakuru akurikiranyweho ibyaha bitatu aribyo Kwaka ikitari bwishyurwe, Kwangiza cyangwa konona ikintu cy’undi,Gukubita cyangwa gukomeretsa ku bushake.

Dr Murangira yavuze ko yakoze ibi byaha ubwo yajyaga mu Kabari gaherereye mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Remera, Akagari ka Rukiri II, Umudugudu wa Rebero akaka ibyo kunywa bitandukanye nyuma ntiyishyure hanyuma azagukubita uwamwishyuzaga.

Gusa nyuma y’aho bitangajwe ko yatawe muri yombi, uyu munyamakuru yaje kwandika ubutumwa kuri status ya Whatsaap asa nk’uwikoma itangazamakuru ngo ritareba ibyiza umuntu akora rikavuga ibibi.

Inshuti za hafi ze zavugaga ko yafunguwe akaba yidegembya nyuma yo kurekurwa n’Ubugenzacyaha aho yari afungiwe kuri Station ya RIB i Remera.

Hari n’amashusho yagiye hanze agaragaza ari kumwe n’inshuti ze, bishima, avuga ko“Abantu batishimira ibyo umuntu yagezeho ahubwo bakavuga ibibi gusa.”

Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu, Guterman yateguje abakunzi be kuza gukurikira ikiganiro cye nk’ibisanzwe yerekana ko atakiri mu maboko y’Ubugenzacyaha.

UMUSEKE wavuganye n’Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Thierry B Murangira yemeza ko yamaze gufungurwa.

Yagize ati “Yarekuwe.” ntiyatangaje nimba uyu munyamakuru azajya yitaba Ubugenzacyaha cyangwa yumvikanye n’uwo bagiranye ibibazo dosiye igafungwa.

Guterman azwi cyane mu biganiro by’imyidagaduro kuri Radiyo /Televiziyo ikorera mu Mujyi wa Kigali n’ibindi bikorwa by’ubugiraneza anyuza mu muryango witwa Nufashwa Yafasha yashinze.

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubutabera

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

2 Min Read
Ubutabera

Djihad akurikiranyweho ibyaha 9

1 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?