BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Jul 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > RIB yemeje ifungurwa ry’umunyamakuru Guterman

RIB yemeje ifungurwa ry’umunyamakuru Guterman

admin
Last updated: September 23, 2022 8:35 am
admin
Share
SHARE
Umunyamakuru wa Radiyo na Televiziyo mu Mujyi wa Kigali Yafunguwe, nyuma y’aho byitangajwe ko yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho ibyaha bitatu.

Umunyamakuru Guterman yafunguwe

Uyu munyamakuru witwa Bujyacyera Jean Paul uzwi nka Guterman amakuru yavugaga ko yatawe muri yombi kuwa  21 Nzeri 2022.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Dr Murangira B.Thierry, mu gitondo cyo kuwa kane, yabwiye UMUSEKE ko uyu munyamakuru akurikiranyweho ibyaha bitatu aribyo Kwaka ikitari bwishyurwe, Kwangiza cyangwa konona ikintu cy’undi,Gukubita cyangwa gukomeretsa ku bushake.

Dr Murangira yavuze ko yakoze ibi byaha ubwo yajyaga mu Kabari gaherereye mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Remera, Akagari ka Rukiri II, Umudugudu wa Rebero akaka ibyo kunywa bitandukanye nyuma ntiyishyure hanyuma azagukubita uwamwishyuzaga.

Gusa nyuma y’aho bitangajwe ko yatawe muri yombi, uyu munyamakuru yaje kwandika ubutumwa kuri status ya Whatsaap asa nk’uwikoma itangazamakuru ngo ritareba ibyiza umuntu akora rikavuga ibibi.

Inshuti za hafi ze zavugaga ko yafunguwe akaba yidegembya nyuma yo kurekurwa n’Ubugenzacyaha aho yari afungiwe kuri Station ya RIB i Remera.

Hari n’amashusho yagiye hanze agaragaza ari kumwe n’inshuti ze, bishima, avuga ko“Abantu batishimira ibyo umuntu yagezeho ahubwo bakavuga ibibi gusa.”

Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu, Guterman yateguje abakunzi be kuza gukurikira ikiganiro cye nk’ibisanzwe yerekana ko atakiri mu maboko y’Ubugenzacyaha.

UMUSEKE wavuganye n’Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Thierry B Murangira yemeza ko yamaze gufungurwa.

Yagize ati “Yarekuwe.” ntiyatangaje nimba uyu munyamakuru azajya yitaba Ubugenzacyaha cyangwa yumvikanye n’uwo bagiranye ibibazo dosiye igafungwa.

Guterman azwi cyane mu biganiro by’imyidagaduro kuri Radiyo /Televiziyo ikorera mu Mujyi wa Kigali n’ibindi bikorwa by’ubugiraneza anyuza mu muryango witwa Nufashwa Yafasha yashinze.

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

RDC igiye gusaba Uganda ibisobanuro ku ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwateguje ko buzasaba Uganda ibisobanuro…

Muri Kanama ab’i Kigali bazajya babona amazi mu minsi 2 aho kuba 5-WASAC

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi Isuku n’Isukura, WASAC cyijeje abatuye mu Mujyi wa…

DRC : Kiliziya gatorika ntiyozeye ko amasezerano y’u Rwanda na Congo ko atazakemura ikibazo mu mizi

Umuyobozi mukuru w’Inama y’Abepisikopi muri Congo Kinshasa, Musenyeri Donatien Nshole avuga ko…

Perezida wa Botswana yahigiye guhura na Trump, akamwemeza

Perezida Gideon Duma Boko wa Botswana yahigiye guhura na Donald Trump uyobora…

Perezida Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wayoboye Kenya

Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, akaba ari n’umwe mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubutabera

Ubujurire bwa Kazungu Denis bwateshejwe agaciro

2 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Ubutabera

Gasabo: Polisi yafatiye mu cyuho abantu batatu batekaga kanyanga

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?