BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > RDC: Umurusiya n’Umugande bapfiriye mu mpanuka y’indege

RDC: Umurusiya n’Umugande bapfiriye mu mpanuka y’indege

admin
Last updated: November 7, 2022 10:20 pm
admin
Share
SHARE

Umudereva w’indege ufite ubwenegihugu bwa Uganda  n’undi  bivugwa ko ari Umurusiya byemejwe ko bapfiriye mu mpanuka y’indege yaguye mu mashyamba y’inzitane  yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Indege yaguye mu mashyamba ifatwa n’inkongi

Kapiteni Jackson Ninsiima, w’imyaka 34 ukomoka mu Karere ka Kiruhura hamwe n’undi witwa Peter bivugwa  ko afite ubwenegihugu bw’Uburusiya, baguye muri iyo mpanuka yabaye mu cyumweru gishize ku wa 05 Ugushyingo 2022 ubwo yahanukaga igahita ifatwa n’inkongi igakongoka.

Umuyobozi w’AKarere ka Kiruhura, Mukago Daniel Rutebya, yemeje iby’uru rupfu agira ati “Ni byo yari indege yiigenga y’ubucuruzi (private jet) kandi yari itwaye imizigo. Uyu musore ni we wari uyitwaye agiye Kasese i Goma, ikora impanuka. Ndatekereza uko dushakamo amakuru y’uburyo twagarura umurambo mu gihugu.”

Radiyo KFM yo muri Uganda yatangaje ko bamenye amakuru ku cyumweru tariki ya 06 Ugushyingo 2022 mu masaha ya saa tatu z’ijoro ko yataye inzira, ikoranabuhanga ry’indege (radar) ntiyabasha kuyibona batangira gushakisha.

Yongeyeho ko abakoranaga na dereva w’indege bihutiye kumenyesha amakuru umuryango we. Kugeza ubu nta yandi makuru aratangazwa kuri iyo ndege.

Aho i Kasese nabwo muri uyu mwaka haherukaga kuba impanuka y’indege yo mu bwoko bwa Antonov 28 ifite nimero iyiranga ya 9ONSX ya kompanyi y’indege ya Trancept Congo yerekezaga muri Maniema, yaje guhura n’ibibazo. Abantu batatu barimo umupilote, uwungirije n’umukanishi bahaburiye ubuzima.

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Habimana epimake says:
    November 7, 2022 at 10:41 pm

    Pole kumiryango yabuze ababo bakomeze kwihangana.

    Reply
  • Patrick says:
    November 8, 2022 at 12:49 pm

    very said

    Reply

Leave a Reply to Habimana epimake Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Uganda igiye gukomorera Facebook nyuma y’imyaka 5 ifunzwe 

2 Min Read
Mu mahanga

Gisagara: Abantu batatu bafunzwe bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi

1 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?