Minisitiri w’ubutabera wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo yatangaje ko ubushinjacyaha bwa gisirikare bwasabye Sena y’iki gihugu gukuraho Joseph Kabila ubudahangarwa kugira ngo bumukurikirane ku byaha yavuze birimo ubwicanyi n’ubugambanyi.
Mu itangazo ryo ku wa gatatu nijoro, Minisitiri w’ubutabera Constant Mutamba, yavuze ko Ubushinjacyaha bwa gisirikare bwasabye Sena kwambura Joseph Kabila ubudahangarwa nka senateri kugira ngo bushobore kumukurikirana.
Yavuze ko ubwo bushinjacyaha bufite “ibimenyetso simusiga” ku “ubugambanyi, ubwicanyi, kuba mu mutwe wigometse, ibyaha by’intambara, ibyaha byibasiye inyoko muntu”, ibyaha avuga ko bibera mu ntara za Kivu ya Ruguru na Kivu y’Epfo.
Mu kwezi gushize ubucamanza bwa DRC bwatangaje ifatirwa ry’imitungo y’uyu munyapolitike, ubwo byavugwaga ko yagarutse muri Congo akajya i Goma ahagenzurwa na M23.
Muri Gashyantare (2) uyu mwaka, Tshisekedi yavuze ko Kabila ari we muntu “nyawe uri inyuma y’ibi byose”, amushinja gufasha umutwe wa M23.
Mu kumusubiza, muri Werurwe Kabila yabwiye abanyamakuru muri Afurika y’Epfo ati: “Iyo mba mfatanyije na M23, ibintu byari kuba bitandukanye cyane [n’uko bimeze uyu munsi.”
Kabila, w’imyaka 53, yategetse DRC imyaka 18 kuva mu 2001 ubwo yari afite imyaka 29, nyuma yuko se Laurent-Désiré Kabila yari amaze kwicwa arashwe.