BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Nov 4, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru zindi > RDC: Imiryango y’ababuriye ababo mu mpanuka y’ubwato yigaragambije

RDC: Imiryango y’ababuriye ababo mu mpanuka y’ubwato yigaragambije

sam
Last updated: October 9, 2024 2:32 pm
sam
Share
SHARE

Imiryango y’abapfiriye mu mpanuka y’ubwato MV Merdi yabereye mu Kiyaga cya Kivu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo tariki ya 3 Ukwakira 2024, yakoreye imyigaragambyo mu mujyi wa Goma basabaga ko babaha imirambo y’ababo bagashyingura uko bashaka.

Nk’uko amashusho yabigaragaje abigaragambyaga bagaragaye bigabije umuhanda ugana ku bitaro bikuru bya Goma bawufungishije amabuye ndetse n’amapine y’imodoka aratwikwa.

Uyu muhanda kandi wumvikanyemo urusaku rwinshi rw’aba baturage ndetse n’amasasu make yarashwe n’abashinzwe umutekano bageragezaga kubakumira, ariko biba iby’ubusa.

Bamwe mu baturage baburiye ababo muri iyi mpanuka bavuaga ko batakwemera ko abantu 34 kuba aribo bashyingurwa gusa mu gihe abandi bataraboneka.

Umwe yagize ati: “Twebwe ababuriye ababo mu bwato bwa Merdi baduhe imirambo yacu. Leta ntigomba kudukinisha. Twafunze umuhanda ugana ku bitaro bikuru. Ntabwo dushobora kubyihanganira. Baduhe imirambo y’abacu, niba bashaka kutwica, turapfira hano.”

Yakomeje agira ati: “Imirambo si iyabo, nibayizane. Imirambo bayigumishije mu buruhukiro, abantu ntibahabwa imirambo y’ababo, baje gufata imirambo y’abavandimwe babo ariko barayirinze rwose. Bayimanye.”

Imiryango y’ababuze ababo igaragaza ko Leta ya RDC yashyize imbaraga nke mu bikorwa byo kubashakisha, kandi itabuze ibikoresho bikenerwa.

Ni mu gihe biteganyijwe ko Guverinoma ya RDC ishyingura mu cyubahiro ababonetse kuri uyu wa 9 Ukwakira 2024. Amarimbi yateguriwemo iki gikorwa arimo irya Makao riherereye muri Teritwari ya Nyiragongo, irya Bweremana na Minova.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Barushimusi b’amahembe y’inzovu bacakiwe batarayagurisha ku mugabane wa Asia

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho gucuruza amahembe…

Trump yahamije ko iminsi ya Maduro iri kubarirwa ku ntoki

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko adatekereza…

Samia Suluhu agiye kurahirira kongera kuyobora Tanzania

Kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2025 Perezida watorewe kuyobora Tanzania Samia Suluhu…

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

Umuhuzabikora w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille…

Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gushaka kwiyomekaho Uburasirazuba bw’igihugu cye

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi, Félix Antoine Tshisekedi, yongeye gukora u Rwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Inkuru zindi

DRC : Umusirikare wa FARDC yasabiwe igihano cy’imyaka 10 azira amafoto yasakaye ku karubanda asomana n’umukunzi we

2 Min Read
Inkuru zindi

DRC: Perezida Tshisekedi yategetse iperereza ku mpanuka y’ubwato

2 Min Read
Inkuru zindi

Barafinda Sekikubo yongeye gutanga kandidatire ku mwanya wa perezida

1 Min Read
Inkuru zindi

Christian Malanga wayoboye igitero cyo guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi ni muntu ki?

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?