BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jun 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru zindi > RDC: Imiryango y’ababuriye ababo mu mpanuka y’ubwato yigaragambije

RDC: Imiryango y’ababuriye ababo mu mpanuka y’ubwato yigaragambije

sam
Last updated: October 9, 2024 2:32 pm
sam
Share
SHARE

Imiryango y’abapfiriye mu mpanuka y’ubwato MV Merdi yabereye mu Kiyaga cya Kivu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo tariki ya 3 Ukwakira 2024, yakoreye imyigaragambyo mu mujyi wa Goma basabaga ko babaha imirambo y’ababo bagashyingura uko bashaka.

Nk’uko amashusho yabigaragaje abigaragambyaga bagaragaye bigabije umuhanda ugana ku bitaro bikuru bya Goma bawufungishije amabuye ndetse n’amapine y’imodoka aratwikwa.

Uyu muhanda kandi wumvikanyemo urusaku rwinshi rw’aba baturage ndetse n’amasasu make yarashwe n’abashinzwe umutekano bageragezaga kubakumira, ariko biba iby’ubusa.

Bamwe mu baturage baburiye ababo muri iyi mpanuka bavuaga ko batakwemera ko abantu 34 kuba aribo bashyingurwa gusa mu gihe abandi bataraboneka.

Umwe yagize ati: “Twebwe ababuriye ababo mu bwato bwa Merdi baduhe imirambo yacu. Leta ntigomba kudukinisha. Twafunze umuhanda ugana ku bitaro bikuru. Ntabwo dushobora kubyihanganira. Baduhe imirambo y’abacu, niba bashaka kutwica, turapfira hano.”

Yakomeje agira ati: “Imirambo si iyabo, nibayizane. Imirambo bayigumishije mu buruhukiro, abantu ntibahabwa imirambo y’ababo, baje gufata imirambo y’abavandimwe babo ariko barayirinze rwose. Bayimanye.”

Imiryango y’ababuze ababo igaragaza ko Leta ya RDC yashyize imbaraga nke mu bikorwa byo kubashakisha, kandi itabuze ibikoresho bikenerwa.

Ni mu gihe biteganyijwe ko Guverinoma ya RDC ishyingura mu cyubahiro ababonetse kuri uyu wa 9 Ukwakira 2024. Amarimbi yateguriwemo iki gikorwa arimo irya Makao riherereye muri Teritwari ya Nyiragongo, irya Bweremana na Minova.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Billy Joel yahishuye ko yagerageje kwiyahura inshuro ebyiri

Umuririmbyi w’Umunyamerika Billy Joel, wamamaye mu bihangano bikomeye byagiye bivugwa cyane ku…

U Burusiya bwagabye igitero cya drones i Kyiv gihitana bane

U Burusiya bwagabye igitero cy’indege zitagira abapilote (drones) hirya no hino muri…

Inzira zabyaye amahari hagati ya perezida Trump n’umuherwe Elon Musk

Hari intambara ikomeye hagati y'umuntu wa mbere utunze kurusha abandi kw'isi n'umunyaporitike…

Umuriro watse hagati y’u Burusiya n’u Bwongereza

Ambasaderi w’u Burusiya mu Bwongereza yashinje iki gihugu uruhare mu bitero bya…

Martin Fayulu yahuye na perezida Tshisekedi amusaba ibiganiro n’Abakongomani

Kuri uyu wa Kane tariki 5 Kamena , Martin Fayulu utavuga rumwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Inkuru zindi

DRC: Perezida Tshisekedi yategetse iperereza ku mpanuka y’ubwato

2 Min Read
Inkuru zindi

Barafinda Sekikubo yongeye gutanga kandidatire ku mwanya wa perezida

1 Min Read
Inkuru zindi

Christian Malanga wayoboye igitero cyo guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi ni muntu ki?

1 Min Read
Inkuru zindi

Umujyi wa Kigali wasobanuye iby’ubutumwa busaba koza amapine y’imodoka mbere yo kwijira muri kaburimbo.

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?