Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwateguje ko buzasaba Uganda ibisobanuro nyuma y’aho ifunguye umupaka wa Bunagana n’indi ikoze ku bice bigenzurwa n’ihuriro AFC/M23.
Tariki ya 10 Nyakanga 2025, Umuyobozi w’Akarere ka Kisoro, Abel Bizimana, yafunguye umupaka wa Bunagana hashingiwe ku ibwiriza ryatanzwe na Perezida Yoweri Kaguta Museveni.
Nk’uko byasobanuwe n’Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, umupaka wa Ishasha na wo warafunguwe, kugira ngo ubucuruzi busubukurwe.
Gen Muhoozi yagize ati “Nta gikwiye kubuza abantu gucuruza. Tuzakora iperereza ku bayobozi bose bahagaritse ubu bucuruzi.”
Mu nama y’abaminisitiri ya RDC yayobowe na Perezida Félix Tshisekedi ku wa 11 Nyakanga, ingingo y’ifungurwa ry’imipaka ihuza Uganda n’ibice bigenzurwa na AFC/M23 iri mu zaganiriweho.
Nk’uko Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya, yabisobanuye muri raporo y’imyanzuro y’iyi nama, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Thérèse Kayikwamba Wagner, yasabwe gusaba Uganda ibisobanuro kuri iki cyemezo yafashe.
Ati “Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yasabwe gufata ingamba kugira ngo abone ibisobanuro byumvikana.”
Ubwo umupaka wa Bunagana wafungurwaga, Bizimana yashimiye Perezida Museveni wumvise gutakamba kw’abaturage, asobanura ko ubucuruzi ntaho buhuriye na politiki.
AFC/M23 na yo yashimiye Perezida Museveni, wahisemo gushyira imbere iterambere ry’abaturage, agasaba ko iyi mipaka ifungurwa.