BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 17, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > RDC igiye gusaba Uganda ibisobanuro ku ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

RDC igiye gusaba Uganda ibisobanuro ku ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

sam
Last updated: July 12, 2025 1:03 pm
sam
Share
SHARE

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwateguje ko buzasaba Uganda ibisobanuro nyuma y’aho ifunguye umupaka wa Bunagana n’indi ikoze ku bice bigenzurwa n’ihuriro AFC/M23.

Tariki ya 10 Nyakanga 2025, Umuyobozi w’Akarere ka Kisoro, Abel Bizimana, yafunguye umupaka wa Bunagana hashingiwe ku ibwiriza ryatanzwe na Perezida Yoweri Kaguta Museveni.

Nk’uko byasobanuwe n’Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, umupaka wa Ishasha na wo warafunguwe, kugira ngo ubucuruzi busubukurwe.

Gen Muhoozi yagize ati “Nta gikwiye kubuza abantu gucuruza. Tuzakora iperereza ku bayobozi bose bahagaritse ubu bucuruzi.”

Mu nama y’abaminisitiri ya RDC yayobowe na Perezida Félix Tshisekedi ku wa 11 Nyakanga, ingingo y’ifungurwa ry’imipaka ihuza Uganda n’ibice bigenzurwa na AFC/M23 iri mu zaganiriweho.

Nk’uko Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya, yabisobanuye muri raporo y’imyanzuro y’iyi nama, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Thérèse Kayikwamba Wagner, yasabwe gusaba Uganda ibisobanuro kuri iki cyemezo yafashe.

Ati “Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yasabwe gufata ingamba kugira ngo abone ibisobanuro byumvikana.”

Ubwo umupaka wa Bunagana wafungurwaga, Bizimana yashimiye Perezida Museveni wumvise gutakamba kw’abaturage, asobanura ko ubucuruzi ntaho buhuriye na politiki.

AFC/M23 na yo yashimiye Perezida Museveni, wahisemo gushyira imbere iterambere ry’abaturage, agasaba ko iyi mipaka ifungurwa.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

Miss Nishimwe Naomie ubitse ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yihanangirije…

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

Thomas Lubanga washinze umutwe witwaje intwaro wa FRP (Force pour la révolution…

Aba Minisitiri b’umutekano w’imbere mu Rwanda na DR.Congo bahuriye muri Qatar

Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu gihugu, Dr. Vincent Biruta,na Minisitiri w’Intebe wungirije, akaba…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Igitero cy’abasirikare ba Kinshasa mu mirima ya Joseph Kabila cyamaganwe n’imiryango itari iya leta

2 Min Read
Mu mahanga

Leta ya Uganda yaburiye abagabo bapimisha ADN abana babo

2 Min Read
Mu mahanga

Perezida Ramaphosa yahagaritse Minisitiri ukekwaho gukorana n’udutsiko tw’abagizi ba nabi

2 Min Read
Mu mahanga

Perezida wa Botswana yahigiye guhura na Trump, akamwemeza

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?