BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, May 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Umutekano > RDC: Hongeye kuba imirwano hagati ya Wazalendo na M23 mu duce twa Masisi

RDC: Hongeye kuba imirwano hagati ya Wazalendo na M23 mu duce twa Masisi

sam
Last updated: May 16, 2025 8:47 am
sam
Share
SHARE

 Amakuru aturuka muri Kivu ya Ruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko Abarwanyi ba M23 bakozanyijeho na Wazalendo.

Ni imirwano yabaye kuva mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane, itariki 15 Gicurasi, ibera mu midugudu myinshi yo muri Gurupoma za Buabo na Banyungu, ziherereye muri Teritwari ya Masisi.

Radio Okapi Radio yatangaje aya makuru, ivuga ko abasivili bayihaye amakuru ko  nyuma y’igitero cyagabwe n’inyeshyamba za AFC-M23 kuri Wazalendo ku wa Gatatu, nabo kuri uyu wa Kane  bagabye igitero  bashaka gusubira aho bavanwe.

Kuva mu ma saa kumi za mugitondo (ku isaha yaho), muri ako karere humvikanye urusaku rwinshi rw’intwaro ziremereye n’izoroheje, cyane cyane hafi y’imisozi ya Showa muri Gurupoma ya Banyungu, ndetse no muri Ngwaki na Lwansihe muri Gurupoma byegeranye ya Buabo.

Abayobozi bo mu nzego z’ibanze batangaje ko  ngo inyeshyamba za M23 zavuye mu murwa mukuru wa Teritwari ya Masisi, uherereye mu birometero 12 mu majyaruguru, zagabye igitero ku wa Gatatu, zirukana abarwanyi ba Wazalendo mu birindiro byinshi by’ingenzi.

Gusa  kuri uyu wa Kane ushize, Abawazalendo bagerageje kwisubiza imidugudu birukanwemo ariko ntibyabahiriye.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

DRC: Kabila yagiranye ibiganiro n’abanyamadini

Uwahoze ari Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila, ari…

Hatangajwe itariki y’Ibirori byo kwita  Abana b’Ingagi izina

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwatangaje ko umuhango ngarukamwaka wo Kwita Izina abana…

Marocco n’u Rwanda bigiye guhanganira kwakira Formula 1

Marocco n’ u Rwanda kimwe n’Afurika y’epfo ni bimwe mu bihugu bigiye…

Gen Mubarakh Muganga na bagenzi be bo muri Afurika bahuriye muri Kenya

Umugaba Mukuru w’ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, yitabiriye inama y’abagaba bakuru…

Museveni ahamya ko Leta ya RDC ifite uruhare mu mutekano wazambye

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yahamije ko ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Umutekano

Amnesty International yashinjije AFC / M23 ibyaha by’intambara bikorerwa  abasivili mu burasirazuba bwa DRC

2 Min Read
Umutekano

Afurika y’Epfo yahakanye amakuru y’uko u Rwanda ruzambura abasirikare bayo intwaro bwite

1 Min Read
Umutekano

AFC/M23 yatabarije Abanyamurenge bakomeje gukorerwa jenoside

2 Min Read
Umutekano

DRC:  Umushahara w’abasirikare ba FARDC bari ku rugamba muri Kivu y’Amajyepfo waranyerejwe

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?