BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > RDC: AFC / M23 yamaze guhitamo itsinda ry’abazayihagararira i Luanda

RDC: AFC / M23 yamaze guhitamo itsinda ry’abazayihagararira i Luanda

sam
Last updated: March 17, 2025 9:45 am
sam
Share
SHARE

Ihuriro Alliance Fleuve Congo ribarizwamo umutwe wa M23 ryatangaje ko ryohereza muri Angola abantu batanu barihagararira mu biganiro by’amahoro birihuza n’abahagarariye ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC).

Ibi biganiro bizatangira tariki ya 18 Werurwe 2025, ku buhuza bwa Perezida João Lourenço wa Angola usanzwe ari umuhuza wa DRC n’u Rwanda n’Umuyobozi w’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuvugizi wa AFC/ M23 Lawrence Kanyuka , kuri uyu wa mbere tariki 17 Werurwe 2025, yavuze ko AFC / M23 yongeye gushimira byimazeyo João Lourenço, Perezida wa Repubulika ya Angola , ku bw’imbaraga ze no kudacogora mu gukemura amakimbirane akomeje kubera muri DRC.

Kugeza ubu n’uruhande rwa leta ya Kinshasa na rwo rwamaze kwemeza intumwa zizayihagararira muri ibi biganiro zizaba ziyobowe na minisitiri w’ubwikorezi Jean-Pierre Bemba.

Impande zombi zigiye kuganira mu gihe imirwano ihanganyishije umutwe wa M23 n’ ingabo za leta ya Kinshasa zifatanyije na Walendo ndetse na FDLR ikomeje mu burasirazuba bwa DRC ndetse uyu mutwe ukomeje gukubita inshuro izi ngabo leta bahanganye.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
Mu mahanga

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

1 Min Read
Mu mahanga

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

1 Min Read
Mu mahanga

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?