Ihuriro Alliance Fleuve Congo ribarizwamo umutwe wa M23 ryatangaje ko ryohereza muri Angola abantu batanu barihagararira mu biganiro by’amahoro birihuza n’abahagarariye ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC).
Ibi biganiro bizatangira tariki ya 18 Werurwe 2025, ku buhuza bwa Perezida João Lourenço wa Angola usanzwe ari umuhuza wa DRC n’u Rwanda n’Umuyobozi w’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuvugizi wa AFC/ M23 Lawrence Kanyuka , kuri uyu wa mbere tariki 17 Werurwe 2025, yavuze ko AFC / M23 yongeye gushimira byimazeyo João Lourenço, Perezida wa Repubulika ya Angola , ku bw’imbaraga ze no kudacogora mu gukemura amakimbirane akomeje kubera muri DRC.
Kugeza ubu n’uruhande rwa leta ya Kinshasa na rwo rwamaze kwemeza intumwa zizayihagararira muri ibi biganiro zizaba ziyobowe na minisitiri w’ubwikorezi Jean-Pierre Bemba.
Impande zombi zigiye kuganira mu gihe imirwano ihanganyishije umutwe wa M23 n’ ingabo za leta ya Kinshasa zifatanyije na Walendo ndetse na FDLR ikomeje mu burasirazuba bwa DRC ndetse uyu mutwe ukomeje gukubita inshuro izi ngabo leta bahanganye.
