BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Feb 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Rayon Sports yatsinze Mukura, Haringingo ashima Kabwili

Rayon Sports yatsinze Mukura, Haringingo ashima Kabwili

admin
Last updated: September 1, 2022 1:00 pm
admin
Share
SHARE

Ikipe ya Rayon Sports yabonye intsinzi yakuye kuri Mukura Victory Sport et Loisir mu mukino wa gicuti wagaragayemo gushyamirana kwa Hategekimana Bonheur na Ramadhan Kabwili.

Uwikunda Samuel ni we wasifuye uyu mukino

Ni umukino wa gicuti wabereye kuri stade ya Kigali i Nyamirambo, wari ugamije gufasha Mukura VS kwishyura amafaranga ibereyemo uwari umutoza wa yo, Djilali Bahloul.

Iyi kipe y’i Huye, ni yo yishyuje uyu mukino n’ubwo wakiniwe kuri stade ya Kigali. Gusa ubwitabire ntabwo bwari bushamaje nk’uko byitezwe.

Rayon Sports itari ifite bamwe mu bakinnyi ba yo bari mu ikipe y’Igihugu, Amavubi, yifashishije abari bahari barimo umunyezamu Ramadhan Kabwili ukomoka muri Tanzania, Mucyo Didier, Muvandimwe JMV, Ndizeye Samuel, Mitima Isaac, Osaluwe Raphael, Mugisha François, Ndekwe Félix, Abubacar Traoré, Mbirizi Eric na Paul Were.

Ku munota 36 rutahizamu Paul Were yaboneye Rayon Sports igitego cya Mbere, ariko ibyishimo by’aba-Rayons ntibyamaze Kabiri kuko ku wa 38 Ramadhan Kabwili yitsinze igitego.

Nyuma yo gukomeza gusatira kw’ikipe ya Rayon Sports, byayiviriyemo kubona igitego cya Kabiri cyatsinzwe na Osaluwe Raphael kuri penaliti yakozwe na Ngirimana Alexis.

Iyi kipe ikunzwe na benshi yakomeje gucunga icyo gitego kugeza iminota 90 irangiye, maze umutoza mukuru, Haringingo Francis yemeza ko ikosa umunyezamu we yakoze risanzwe ariko muri rusange yakinnye neza.

Ati “Yakoze umukino mwiza kuko ni umukinnyi wifitiye icyizere mu izamu. Ikosa rishobora kubaho kuko nta muntu utakora ikosa, ariko urareba umukino yakinnye, ukareba uburyo ashobora gutuma ba myugariro bahagarara neza. Urebye iminsi twari dukoranye nkanareba uko yakinnye, navuga ko yagize umukino mwiza.”

Bamwe mu bakurikirana shampiyona ya hano mu Rwanda, bahamya ko ikipe ya Mukura VS itabonye amafaranga ahagije muri uyu mukino bitewe n’ubwitabire buke bw’abawurebye.

Osaluwe na bagenzi be bishimira igitego
Mukura VS yifashishije inshuti ngo ibone ubwishyu bwa Djilali Bahloul

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye ibikorwa by’Inama y’Abakuru b’Ibihugu…

Amateka y’umunsi w’abakundana wa ‘Saint Valentin’

Ubusanzwe umunsi wa Saint Valentin wizihizwa tariki 14 Gashyantare ku Isi hose…

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo…

Umuryango w’Abibumbye urashinja RSF kwica abasivili barenga 6000 mu minsi itatu

Raporo yashyizwe ahagaragara n'Umuryango w'Abibumbye (UN), ivuga ko umutwe urwanya ubutegetsi bwa…

Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganta kuzasura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

RSSB Tigers BBC yegukanye FERWABA Super Cup 2026 ihigitse APR BBC

2 Min Read
Imikino

APR FC yatsinze Gasogi United yakinaga nk’ikipe y’abato

3 Min Read
Imikino

Etincelles FC yahagaritse abatoza bayo kubera umusaruro muke

1 Min Read
Imikino

Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli SC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?