BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jan 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

admin
Last updated: December 12, 2025 11:07 am
admin
Share
SHARE

Umutoza w’umufaransa w’imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports biravugwa ko agera mu Rwanda mu mpera z’iki cyumweru.

Uyu mutoza afite ubunararibonye bw’imyaka irenga 20 mu gutoza no kuyobora amakipe mu Burayi no muri Afurika, ibintu bituma atekerezwa nk’umwe mu bahabwa amahirwe yo gufasha iyi kipe kongera kubaka imbaraga.

Ferry yatangiye umwuga we mu 2001 atoza ES Thaon mu Bufaransa, mbere yo kwerekeza muri ES Golbey na ÉF Bastia. Mu 2010, yerekeje muri Afurika aho yagizwe Sporting Director wa AS Dakar Sacré-Cœur muri Senegal. Nyuma y’imyaka ine, yasubiye mu Bufaransa muri Louhans-Cuiseaux FC, ariko mu 2015 akomereza urugendo rwe muri Afurika ubwo yinjiraga muri Accra Lions FC yo muri Ghana nk’umutoza mukuru.

Mu 2020, ibitangazamakuru byo muri Ghana byatangaje ko Ferry yari hafi kwerekeza mw’ikipe y’igihugu ya Ghana nka Technical Director, ariko ibiganiro bikarangira batumvikanye kubera amafaranga. Muri uwo mwaka nanone yerekeje muri A.S. Miquelonnaise yo muri Saint Pierre et Miquelon, aho yahesheje iyi kipe igikombe cya shampiyona ku nshuro ya mbere mu myaka 12.

Mu ntangiriro za 2021, yatangaje ko yasinyiye Eding Sport FC yo muri Cameroun amasezerano y’umwaka, ariko nyuma y’igihe gito agaruka muri A.S. Miquelonnaise.

Kugeza ubu, amakuru ava mu nshuti za hafi z’uyu mutoza n’abo mu ikipe ya Rayon Sports agaragaza ko Bruno Ferry ibiganiro bigeze kure ko ntagihindutse aza gutangazwa bitarenze ku wa gatatu w’icyumweru gitaha.

Rayon Sports iri gushaka umutoza ushobora gutanga umusaruro mu gihe gito, ufite ubunararibonye mu mikino ya Afurika ndetse n’ubushobozi bwo guteza imbere abakinnyi bakiri bato , ibi byose bikaba bihura neza n’umwirondoro wa Bruno Ferry.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umwaka wa 2025 waciye agahigo mu bushyuhe bukabije

Abashakashatsi ku mihindagurikire y’ibihe bemeje ko umwaka wa 2025 waciye agahigo ko…

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

Perezida Kagame yakiriye impapuro zemerera ba ambasaderi babiri bashya guhagararira ibihugu byabo…

U Rwanda rwoherereje Jamaica abasirikare bo kuyifasha gusana ibyangijwe n’ibiza 

Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare bazafasha iki gihugu gusana ibikorwaremezo byangijwe…

Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

Iminsi irabarirwa ku ntoki muri Uganda mbere y’amatora rusange yo ku itariki…

Perezida Tshisekedi yasuye Gnassingbé

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, yagiriye uruzinduko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

CAN 2025: Maroc na Senegal zabonye itike ya ½ 

4 Min Read
Imikino

Bugesera FC yongeye gukora mu nkovu Rayon Sports FC

2 Min Read
Imikino

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

2 Min Read
Imikino

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini mu munyenga w’urukundo 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?