BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jan 24, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Prince Kid yasabiwe gufungwa imyaka 16 – uko mu muhezo byari bimeze

Prince Kid yasabiwe gufungwa imyaka 16 – uko mu muhezo byari bimeze

admin
Last updated: October 5, 2022 6:18 pm
admin
Share
SHARE

Ishimwe Diedonne wamenyekanye nka Prince Kid kuri uyu wa Gatatu yatangiye kuburana urubanza rwe mu mizi, gusa urukiko rwanzuye ko aburana mu muhezo. Amakuru twamenye ni uko yasabiwe gufungwa imyaka 16.

Prince Kid asaba urukiko ko nirwiherera rwazamurekura

Prince Kid Ubushinjacyaha bumukurikiranyeho icyaha kimwe, Gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato.

Mu rubanza rwamaze amasaha arenga arindwi (7), ISHIMWE Dieudonne uzwi nka Prince Kid, aburana n’Ubushinjacyaha.

Ubushinjacyaha bwamusabiye igihano cy’igifungo cy’imyaka 16  biturutse ku mpurirane y’ibyaha bushinja Prince Kid.

Ubwo Prince Kid yahabwaga umwanya ngo agire icyo avuga ku gihano asabiwe, yasabye urukiko ko yazagirwa umwere kuko nta mpamvu n’imwe yafungwa imyaka 16 Ubushinjacyaha bwashingiraho bugaragaza.

Me Emeyline Nyembo umwe mu banyamategeko bunganira Prince Kid yasabye ko umukiriya we yazagirwa umwere urukiko nirwiherera.

Ubushinjacyaha bwavuze ko kubera impurirane y’ibyaha busabira Prince Kid gufungwa imyaka 16

Umucamanza yumvuse impande zose apfundikira iburanisha, avuga ko urubanza ruzasomwa ku wa 28/10/2022 saa saba z’igicamunsi.

Prince Kid kuva yatabwa muri yombi muri Gicurasi 2022 aburana ahakana icyaha ashinjwa agasaba ubutabera kukimuhanaguraho.

Urubanza rwa Prince Kid rwavuzwe cyane mu itangazamakuru mu Rwanda.

UPDATED: Prince Kid washakaga kuburana mu ruhame “Urukiko rubibonye ukundi”

AMAFOTO: NKUNDINEZA@2022

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga…

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

Kuri uyu wa Kane tariki 22 Mutarama 2026, Igipolisi cya Uganda cyatangaje…

Rayon Sports yatandukanye na Haruna Ferouz

Nyuma y'iminsi Haruna Ferouz atagaragara mu myitozo ya Rayon Sports, yamaze gutandukana…

Jose Chameleone yaguze Radio i Burundi

Umuhanzi ukomeye mu muziki wa Afurika uzwi ku izina rya Jose Chameleone…

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiriye kuyobora Guinée Conakry muri manda y’imyaka irindwi, mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Museveni yatorewe kuyobora Uganda muri manda ya Karindwi

3 Min Read
Politike

U Rwanda na Togo byiyemeje gukuriraho Visa abaturage

2 Min Read
Mu Rwanda

Nyanza: Abayobozi ba Hoteli Urubuto batawe muri yomb

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?