BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Jul 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Pre-season: Arsenal irakubita umuhisi n’umugenzi

Pre-season: Arsenal irakubita umuhisi n’umugenzi

admin
Last updated: July 30, 2022 4:29 pm
admin
Share
SHARE

Wari undi mukino wa gicuti ikipe ya Arsenal yakinaga nyuma yo gutsinda indi yabanje gukina yose. Ikipe yari itahiwe ni FC Seville yo mu cyiciro cya Mbere mu gihugu cya Espagne. Iyi kipe nayo yagerewe mu kebo nk’ak’abandi, itsindwa ibitego 6-0.

Gabriel Jesus akomeje kuba inyenyeri muri Arsenal

Igice cya Mbere cyarangiye Arsenal ifite ibitego 4-0 byatsinzwe na Bukayo Saka watsinzemo bibiri na Gabriel Jesus watsinzemo ibindi bibiri.

Igice cya Kabiri, ikipe ya Arsenal ibifashijwemo na Gabriel Jesus watsinze ikindi gitego ku munota wa 77 na Nketiah watsinze ikindi ku munota wa 89, yegukanye indi ntsinzi mu mukino wa Gatandatu wa gicuti yakinaga.

Izindi iyi kipe yatsinze ni Ipswich yo mu cyiciro cya Gatatu mu Bwongereza, Nurnberg yo mu cyiciro cya Kabiri mu Budage, Everton na Shelsea zo mu Bwongereza, Orlando yo muri Leta Zunze Ubumwe za América n’iyi FC Seville yo muri Espagne.

Ikipe ya Arsenal yaguze abakinnyi batanu bashya barimo babiri bavuye muri Manchester City, Gabriel Jesus na Oleksandr Zinchenko, Fabio Vieira wavuye muri FC Porto, Matt Turner wavuye muri New England na Marquinhos wavuye muri São Paulo.

Biteganyijwe ko shampiyona y’u Bwongereza [Premier League], izatangira tariki 5 Kanama. Arsenal izatangira isura ikipe ya Crystal Palace itozwa na Patrick Vieira wabaye kapiteni w’iyi kipe y’i Londre.

Oleksandr Zinchenko ni umwe mu beza Arsenal izaba igenderaho
Zahabu ebyiri ikipe ya Arsenal ibitse
Murambona neza?
Bukayo Saka yibukije abakunzi ba Arsenal ko agihari

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

RDC igiye gusaba Uganda ibisobanuro ku ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwateguje ko buzasaba Uganda ibisobanuro…

Muri Kanama ab’i Kigali bazajya babona amazi mu minsi 2 aho kuba 5-WASAC

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi Isuku n’Isukura, WASAC cyijeje abatuye mu Mujyi wa…

DRC : Kiliziya gatorika ntiyozeye ko amasezerano y’u Rwanda na Congo ko atazakemura ikibazo mu mizi

Umuyobozi mukuru w’Inama y’Abepisikopi muri Congo Kinshasa, Musenyeri Donatien Nshole avuga ko…

Perezida wa Botswana yahigiye guhura na Trump, akamwemeza

Perezida Gideon Duma Boko wa Botswana yahigiye guhura na Donald Trump uyobora…

Perezida Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wayoboye Kenya

Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, akaba ari n’umwe mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

KNC yarezwe muri FERWAFA

1 Min Read
Imikino

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yazamutse ku rutonde rw’ukwezi rwa FIFA

1 Min Read
Imikino

FERWAFA yatangaje ingengabihe y’amatora ya Komite Nyobozi

2 Min Read
Imikino

FIFA yateguye igikorwa cyo guha icyubahiro Diego Jota

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?