BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Feb 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Pre-season: Arsenal irakubita umuhisi n’umugenzi

Pre-season: Arsenal irakubita umuhisi n’umugenzi

admin
Last updated: July 30, 2022 4:29 pm
admin
Share
SHARE

Wari undi mukino wa gicuti ikipe ya Arsenal yakinaga nyuma yo gutsinda indi yabanje gukina yose. Ikipe yari itahiwe ni FC Seville yo mu cyiciro cya Mbere mu gihugu cya Espagne. Iyi kipe nayo yagerewe mu kebo nk’ak’abandi, itsindwa ibitego 6-0.

Gabriel Jesus akomeje kuba inyenyeri muri Arsenal

Igice cya Mbere cyarangiye Arsenal ifite ibitego 4-0 byatsinzwe na Bukayo Saka watsinzemo bibiri na Gabriel Jesus watsinzemo ibindi bibiri.

Igice cya Kabiri, ikipe ya Arsenal ibifashijwemo na Gabriel Jesus watsinze ikindi gitego ku munota wa 77 na Nketiah watsinze ikindi ku munota wa 89, yegukanye indi ntsinzi mu mukino wa Gatandatu wa gicuti yakinaga.

Izindi iyi kipe yatsinze ni Ipswich yo mu cyiciro cya Gatatu mu Bwongereza, Nurnberg yo mu cyiciro cya Kabiri mu Budage, Everton na Shelsea zo mu Bwongereza, Orlando yo muri Leta Zunze Ubumwe za América n’iyi FC Seville yo muri Espagne.

Ikipe ya Arsenal yaguze abakinnyi batanu bashya barimo babiri bavuye muri Manchester City, Gabriel Jesus na Oleksandr Zinchenko, Fabio Vieira wavuye muri FC Porto, Matt Turner wavuye muri New England na Marquinhos wavuye muri São Paulo.

Biteganyijwe ko shampiyona y’u Bwongereza [Premier League], izatangira tariki 5 Kanama. Arsenal izatangira isura ikipe ya Crystal Palace itozwa na Patrick Vieira wabaye kapiteni w’iyi kipe y’i Londre.

Oleksandr Zinchenko ni umwe mu beza Arsenal izaba igenderaho
Zahabu ebyiri ikipe ya Arsenal ibitse
Murambona neza?
Bukayo Saka yibukije abakunzi ba Arsenal ko agihari

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiyitirira…

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira…

Umwe mu bayobozi bakuru ba MONUSCO yageze i Kishasa

Umunyamabanga mukuru wungirije wa ONU ushinzwe ibikorwa by’ingabo zo kubungabunga amahoro muri…

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

Impanga zisa ndetse zihuje n'ibimenyetso ndangasano (DNA) zirakekwaho ubwicanyi bwakorewe abantu babiri…

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

Ihuriro AFC/M23 ryashinje Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gushyigikira ubugizi bwa…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

RSSB Tigers BBC yegukanye FERWABA Super Cup 2026 ihigitse APR BBC

2 Min Read
Imikino

APR FC yatsinze Gasogi United yakinaga nk’ikipe y’abato

3 Min Read
Imikino

Etincelles FC yahagaritse abatoza bayo kubera umusaruro muke

1 Min Read
Imikino

Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli SC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?