BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jan 23, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Polisi yarashe abigaragambya basaba “ibohozwa” ry’ibice bigenzurwa na M23

Polisi yarashe abigaragambya basaba “ibohozwa” ry’ibice bigenzurwa na M23

admin
Last updated: September 22, 2022 5:39 pm
admin
Share
SHARE

Imyigaragambo isaba kubohoza Umujyi wa Bunagana n’ibindi bice byigaruriwe n’umutwe wa M23 mu burasirazuba bwa RD Congo yaguyemo umuntu umwe abandi barakomereka.

Imyigaragambyo nk’iyi yabaye n’i Goma aho Muvoma la LUCHA isaba FARDC kwegura imbunda ikagaruza Bunagana

Ni imyigaragambyo yabaye kuri uyu wa kane muri Rutshuru-Centre muri Kivu ya Ruguru, isaba Leta ya Kinshasa gukora iyo bwabaga ikabohoza Umujyi wa Bunagana n’utundi duce ingabo za Leta zambuwe na M23.

Sosiyete Sivile yateguye iyi myigaragambyo ivuga ko nta gikorwa gifatika kigaragaza ko ingabo za Leta, zifite ubushake bwo kurwanya umutwe wa M23 umaze iminsi 100 wirukanye FARDC i Bunagana n’ibindi bice.

Iyi myigaragambyo yabaye kuri uyu wa kane yahagaritse ibikorwa by’ubucuruzi, amashuri n’imihanda irafungwa.

Umuhanda uva Rutshuru-Centre ujya i Goma ku murwa mukuru w’Intara ya Kivu ya Ruguru nawo wari wafunzwe.

Abigaragambya kandi bateye ibiro by’umuyobozi wa Gisirikare maze bicara mw’ituze basaba ko “Ingabo zegura intwaro zikajya guhangana na M23.”

Polisi yarashe abigaragambya umuntu umwe ahita yitaba Imana mu gihe babiri bakomeretse nk’uko byatangajwe na Justin Bin Bishango, umunyamabanga wa sosiyete sivile muri Teritwari ya Rutshuru.

Yavuze ko ” Ntituzacika intege ngo twimuke kugeza ibikorwa bya gisirikare bitangiye kurwanya M23.”

Uwapfuye ni umusore warashwe mu gatuza nk’uko byemejwe n’umwe mu bayobozi bakuru b’ibitaro bya Rutshuru.

Ibyumweru byinshi bimaze kwihirika nta kurasana hagati y’ingabo za Leta n’inyeshyamba za M23 gusa buri ruhande ruhora ruryamiye amajanja mu kwirinda ko rwatakaza ibirindiro mu gihe haba ibitero bishya.

Uwari ushinzwe kuyobora ibikorwa bya FARDC mu kurwanya M23 Lt Gen ​​Philémon Yav kuva ku wa mbere afungiwe i Kinshasa akekwaho ubugambanyi n’umugambi wo guhirika Perezida Tshisekedi ku butegetsi.

Ni mugihe umuvugizi mu bya Gisirikare wa M23, Major Willy Ngoma yahamagariye abashoramari batandukanye kujya gukorera i Bunagana kuko hari amahoro n’umutekano kandi ubushabitsi bukorwa nta bituga ukwaha.

Major Willy Ngoma yatangaje ko abifuza gukorera ubucuruzi i Bunagana bahawe ikaze kugira ngo barusheho kwiteza imbere n’igihugu muri rusange.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • mahoro jack says:
    September 24, 2022 at 9:33 am

    Ngaho rero nimutubwire aho iyo M23 izerekeza niba ibiganiro bya New York byemeje ko iva muri Bunagana! Umenya ikibazo tugica hejuru.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga…

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

Kuri uyu wa Kane tariki 22 Mutarama 2026, Igipolisi cya Uganda cyatangaje…

Rayon Sports yatandukanye na Haruna Ferouz

Nyuma y'iminsi Haruna Ferouz atagaragara mu myitozo ya Rayon Sports, yamaze gutandukana…

Jose Chameleone yaguze Radio i Burundi

Umuhanzi ukomeye mu muziki wa Afurika uzwi ku izina rya Jose Chameleone…

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiriye kuyobora Guinée Conakry muri manda y’imyaka irindwi, mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Museveni yatorewe kuyobora Uganda muri manda ya Karindwi

3 Min Read
Politike

U Rwanda na Togo byiyemeje gukuriraho Visa abaturage

2 Min Read
Mu mahanga

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

3 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?