BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Polisi yahagurukiye abajura biba moto, imaze kugaruza eshatu mu gihe gito

Polisi yahagurukiye abajura biba moto, imaze kugaruza eshatu mu gihe gito

admin
Last updated: July 28, 2022 8:24 am
admin
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda ivuga ko ikomeje ibikorwa byo gufata abajura biba moto, uwafashwe ku wa Mbere tariki ya 25 Nyakanga, ni uwitwa Ndatimana yibye moto yo mu bwoko bwa TVS RE 562 L afatirwa mu karere ka Kicukiro, Umurenge wa Gahanga, Akagali ka Murinja, Umudugudu wa Nyabigugu.

Hakizimana Eric kuri iyi foto ni we wari wabuze moto ye

Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali Chief Inspector of Police (CIP) Sylvester Twajamahoro yavuze ko Ndatimana yafashwe nyuma y’aho nyiri moto yatabaje avuga ko yibwe moto kandi ko ifite icyuma gifasha kumenya aho iri GPS.

Ati: “Ku Cyumweru ahagana saa tanu z’ijoro Polisi yahawe amakuru na nyiri moto ko yibwe ubwo yari asize aparitse mu Kagali ka Gahanga, Umurenge wa Gahanga agiye aho bacuruza lisansi agarutse arayibura, ariko avuga ko yari ifite ikoranabuhanga rya GPS rifasha kumenya aho iri kugendera. Ahagana saa saba z’ijoro (01h00 a.m) hifashishijwe ikoranabunga rya GPS bayisanze mu gihuru mu Kagali ka Murinja aho uwayibye yari yayihishe.”

Yongeyeho ko hashize akanya moto ifashwe uwayibye yaje kuyireba aho yari yayihishe na we ahita atabwa muri yombi.

Moto yari yibwe yashyikirijwe nyirayo witwa Hakizimana Eric wanashimiye Polisi y’u Rwanda yamufashije kubona moto ye.

Ubujura bwa moto bukomeje gufata intera muri Kigali no hirya no hino mu gihugu. Polisi y’u ivuga ko nyuma y’iminsi itatu gusa mbere y’uko iyi moto yibwa, Polisi yafashe abandi bantu 3 bibye moto 2 mu Karere ka Nyagatare mu Ntara y’Iburasirazuba na Nyarugenge muri Kigali.

Hashize igihe kitari kirekire kandi RIB igaragaje abakekwaho kwiba moto bakazikuramo ibyuma bakabigurisha mu rwego rwo kugira ngo banyira zo batazazimenya.

CIP Twajamahoro yagiriye inama abantu bose bafite imoto cyane cyane abamotari gushyira ikoranabuhanga rya GPS kuri moto zabo kuko iyo yibwe byoroha kuyishakisha kandi igafatwa.

Yasoje aburira abafite ingeso yo kwiba kubireka kuko inzego z’umutekano zifatanyije n’abaturage zahagurukiye kubafata.

Uwafashwe yashyikirijwe urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha RIB ngo hakurikizwe amategeko.

 

Icyo amategeko avuga:

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange Ingingo ya 166 ivuga ko; umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe ariko kitarenze imyaka ibiri, ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe, ariko atarenze miliyoni ebyiri, imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Ingingo ya 167 ivuga ko ibihano ku cyaha cyo kwiba byikuba kabiri iyo uwibye yakoresheje guca icyuho, kurira cyangwa yakoresheje igikoresho icyo aricyo cyose gifungura aho utemerewe kwinjira, kwiba byakozwe mu nzu ituwemo cyangwa isanzwe ibamo abantu cyangwa mu nyubako ziyikikije, kwiba byakozwe nijoro, kwiba byakozwe n’abantu barenze umwe.

IVOMO: RNP

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

Imbunzi z'Abarundi zari zimaze igihe mu gihugu cya Tanzania zigiye gusubizwa mu…

Trump yateguje ibitero bikaze kuri Iran

Perezida wa Amerika Donald Trump yatangaje ko Iran ishobora kugabwaho ibitero bikomeye…

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

Ni ukuvuga ko buri munsi nibura hakoreshwa miliyoni $891. Ni intambara iri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Ubutabera

Abagororwa 1874 bemerewe gufungurwa by’agateganyo.  

1 Min Read
Ubutabera

Kigali: Umugabo ucuruza urumogi yafatanywe udupfunyika 1000 twarwo

1 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?