BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

sam
Last updated: July 30, 2025 3:02 pm
sam
Share
SHARE

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu na Ngoma, kubufatanye n’inzego z’ibanze na baturage, Rwandapolice yafashe abasore 9 bacyekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage birimo Ubujura butobora amazu no Gutega abantu bakabambura ibyabo.

Igikorwa cyo gufata abo basore icyanda cyabaye kuri uyu wa 30 Nyakanga 2025.

Polisi ivuga ko ibi byose babikora bitwaje intwaro gakondo harimo Imihoro, Ibyuma ndetse na Matindo. Ubu bakaba bafungiye kuri Police Station ya Ngoma, mu gihe RIB yatangiye iperereza.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi,yatangaje ko abafashwe bakurikiranyweho ibikorwa bigayitse birimo ubujura butobora inzu z’abaturage no gutega abantu bakabambura ibyabo bitwaje intwaro gakondo.

Ati”Bitwazaga Imihoro, ibyuma ndetse n’ibindi bikoresho bitandukanye.”

CIP Hassan avuga ko Polisi ishimira abaturage bakomeje kugira umuco wo gutangira amakuru ku gihe, kandi iraburira abakomeje kujya mu bikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage guhindura iyo ngeso.

Umuvugizi wa Polisi akavuga ko abatazahindura iyo myitwarire Polisi itazabihanganira.

Amakuru avuga ko aba basore Polisi yafashe, bafataga n’abagore ku ngufu bahinguye cyangwa bavuye mu mirimo itandukanye bamwe bakabasambanya ku gahato, abagerageje kwihagararaho bakabakomeretsa.

Abo bose uko ari 9 bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB iherereye mu Murenge wa Ngoma mu gihe iperereza ku byo bakekwaho rikomeza

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Amatora ya FERWAFA ntavugwaho rumwe n’abagize komite nyobozi

Bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse…

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

Gasabo: Polisi yafashe abateka bakanagurisha kanyanga abaturage

2 Min Read
Mu Rwanda

I Kigali humvikanye umutingito uri ku gipimo cya 2,3 

2 Min Read
Mu Rwanda

Musanze: Polisi yerekanye batatu bibaga ibikoresho by’ikoranabuhanga

2 Min Read
Mu Rwanda

Meteo Rwanda yasobanuye icyateye imvura n’ubukonje muri iyi mpeshyi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?