BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

sam
Last updated: July 30, 2025 3:02 pm
sam
Share
SHARE

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu na Ngoma, kubufatanye n’inzego z’ibanze na baturage, Rwandapolice yafashe abasore 9 bacyekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage birimo Ubujura butobora amazu no Gutega abantu bakabambura ibyabo.

Igikorwa cyo gufata abo basore icyanda cyabaye kuri uyu wa 30 Nyakanga 2025.

Polisi ivuga ko ibi byose babikora bitwaje intwaro gakondo harimo Imihoro, Ibyuma ndetse na Matindo. Ubu bakaba bafungiye kuri Police Station ya Ngoma, mu gihe RIB yatangiye iperereza.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi,yatangaje ko abafashwe bakurikiranyweho ibikorwa bigayitse birimo ubujura butobora inzu z’abaturage no gutega abantu bakabambura ibyabo bitwaje intwaro gakondo.

Ati”Bitwazaga Imihoro, ibyuma ndetse n’ibindi bikoresho bitandukanye.”

CIP Hassan avuga ko Polisi ishimira abaturage bakomeje kugira umuco wo gutangira amakuru ku gihe, kandi iraburira abakomeje kujya mu bikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage guhindura iyo ngeso.

Umuvugizi wa Polisi akavuga ko abatazahindura iyo myitwarire Polisi itazabihanganira.

Amakuru avuga ko aba basore Polisi yafashe, bafataga n’abagore ku ngufu bahinguye cyangwa bavuye mu mirimo itandukanye bamwe bakabasambanya ku gahato, abagerageje kwihagararaho bakabakomeretsa.

Abo bose uko ari 9 bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB iherereye mu Murenge wa Ngoma mu gihe iperereza ku byo bakekwaho rikomeza

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwageneye ubutumwa DRC yishimiye ibihano America yafatiye RDF

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo avuga ko ibihano bibogamye bifatirwa…

U Rwanda rwiteguye guhangana n’ingaruka z’intambara y’Amerika na Iran

Minisitiri w'Imari n'Ingenamigambi, Murangwa Yusuf, yatangaje ko hari ingamba Leta y'u Rwanda…

RED-Tabara yanyomoje Muyaya wavuze ko u Rwanda ari rwo rwayijyanye mu misozi miremire

Umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, wanyomoje Minisitiri Patrick Muyaya wa…

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

Ingabo z’u Rwanda (Rwanbatt-1) ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani…

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

Abagaragaye bahondagura umukobwa mu muhanda batawe muri yombi

1 Min Read
Mu Rwanda

Iburasirazuba: Mu mwaka inzoga zitujuje ubuziranenge zishe abantu 22

2 Min Read
Mu Rwanda

Ngarambe Romeo yagizwe Umuyobozi Mukuru wa CMA

3 Min Read
Mu Rwanda

RwandAir yasubitse ingendo zijya i Doha kubera intambara yo muri Iran

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?