BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Police FC yinjije batatu, yongerera amasezerano babiri

Police FC yinjije batatu, yongerera amasezerano babiri

admin
Last updated: July 26, 2022 11:00 am
admin
Share
SHARE

N’ubwo kugeza ubu ntacyo ubuyobozi bw’iyi kipe y’Igipolisi buratangaza ku bakinnyi bashya, ariko ikomeje kwinjiza abazayifasha mu mwaka utaha w’imikino.

Sibomana Patrick ari mu bongerewe amasezerano muri Police FC

Abakinnyi batatu bashya iyi kipe yamaze kwibikaho, ni myugariro Hakizimana Amani bakuye muri Musanze FC, Rurangwa Mossi bakuye muri AS Kigali aba bombi basinye amasezerano y’imyaka ibiri na Mugiraneza Jean Baptiste wasinye amasezerano y’umwaka umwe nyuma yo kuva muri KMC yo muri Tanzania.

Abakinnyi babiri iyi kipe yongereye amasezerano, ni Sibomana Patrick na Rutanga Eric bombi bongerewe amasezerano y’imyaka ibiri. Undi wongerewe amasezerano mu minsi ishize ni Sibomana Abouba wongerewe umwaka umwe.

Iyi kipe izatozwa na Mashami Vincent nk’umutoza mukuru, iravugwamo rutahizamu, Tuyisenge Jacques wayihozemo mbere y’uko ajya muri Gor Mahia yo muri Kenya.

Undi mukinnyi ushobora kongera amasezerano muri iyi kipe, ni Twezerimana Martin Fabrice ukina hagati mu kibuga. Undi uvugwamo ni umunyezamu Mvuyekure Emery nawe wayihozemo.

UMUSEKE wifuje kuvugana n’ubuyobozi bwa Police FC kuri aya makuru y’aba bakinnyi, ariko Umunyamabanga Mukuru w’iyi kipe, CIP Obed yavuze ko akiri muri rwinshi atabasha kutuvugisha.

Rutanga Eric yongerewe amasezerano muri Police FC
Iradukunda Eric Radu ashobora kutazongererwa amasezerano
Usengimana Faustin nawe yerekeje muri Iraq
Hakizimana Muhadjiri yagiye gukina muri Aziya
Rurangwa Mossi ni umukinnyi mushya wa Police FC mu myaka ibiri iri imbere

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

2 Min Read
Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
Imikino

Hamenyekanye uzasifura umukino wa APR FC na Rayon Sports

1 Min Read
Imikino

Hoteli ya FERWAFA yatangiye gukora nyuma y’imyaka irenga 10 yubakwa

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?