BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Aug 9, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Amerika > Perezida Zelensky yamaganye gahunda yo guhura kwa Trump na Putin bahanganye

Perezida Zelensky yamaganye gahunda yo guhura kwa Trump na Putin bahanganye

sam
Last updated: August 9, 2025 12:21 pm
sam
Share
SHARE

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yamaganye ibiganiro by’imbonankubone bizahuza Donald Trump na mugenzi we w’u Burusiya, Vladimir Putin bijyanye no guhagarika intambara iri kubera mu gihugu ayoboye.

Ibyo guhura kwabo byari bimaze iminsi mike bitangajwe ariko hatazwi itariki bazahuriraho ndetse n’aho bazahurira.

Nyuma Trump anyuze ku mbuga nkoranyambaga, yavuze ko azahura na mugenzi we ku wa 15 Kanama 2025, ndetse Ibiro bya Perezida w’u Burusiya birabishimangira. Abakuru b’ibihugu bombi bazahurira muri Leta ya Alaska.

Ku wa 09 Kanama 2025 Zelensky yavuze ko ibiganiro biheza Ukraine nta musaruro ufatika bizageraho.

Abinyujije kuri Télégramme, Zelensky yavuze ko ubusugire bw’igihugu bugenwa ndetse bugahabwa agaciro n’Itegeko Nshinga ryacyo. Yavuze ko ibiganiro bigamije amahoro bireba Ukraine, kuba ab’i Kyiv babigiramo uruhare ari ihame ndakuka.

Ati “Ntabwo Ukraine izigera ihembera u Burusiya ibyo bwakoze. Ntabwo Abanya-Ukraine bazigera na rimwe baha ubutaka bwabo uwabwigabije. Ibiganiro byose biheza Ukraine ntabwo bigamije kugarura amahoro. Nta kintu na kimwe bizageraho, ibyemezo byavamo byose nta cyo bizakora.”

Putin na Trump bagiye guhura nyuma y’aho Steve Witkoff usanzwe ari intumwa ya Trump ahuye na Perezida w’u Burusiya ku wa 06 Kanama 2025, mu biganiro byabereye i Moscow na none bigamije guhagarika intambara, ndetse bikagaragazwa ko byagenze neza.

Uku guhura gutangajwe nyuma y’igihe gito Trump atangaje ko Ukraine igomba kuzibukira bimwe mu bice yita ibyayo byigaruriwe n’u Burusiya kugira ngo iyi ntambara imaze imyaka irenga ibiri ihagarare.

Trump yavuze ko ibyo bice impande zombi zirwanira byahitanye abantu benshi ndetse byangiza byinshi ku mpande zombi, akagaragaza ko hakwiriye gushakwa igisubizo kirambye buri ruhande rugize ibyo rwigoma.

Bivugwa ko Amerika iri kugerageza kumvisha abo mu Burayi ko bagomba kwemera ko u Burusiya bufata ibice bufite, bukabigumana burundu.

Ku wa 08 Kanama 2025 byatangajwe ko na Putin yagaragarije intumwa ya Perezida Trump, Steve Witkoff, uwo mushinga.

Ni bwo bwa mbere Putin na Trump bagiye guhura kuva yatorerwa kuyobora Amerika ku nshuro ya kabiri.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: Urukiko rwateye utwatsi icyifuzo cya Besigye cyo gufungurwa by’agateganyo

Umucamanza wo muri Uganda yateye utwatsi icyifuzo cya Dr. Kiiza Besigye cyo…

APR Fc yongeye gutombora Pyramide Fc muri CAF Champions League

APR FC yongeye gutombora Pyramids FC yo mu Misiri mu ijonjora ry'ibanze…

Museveni yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru aba Jenerali barindwi avuga ko abapfunyikiye impamba y’agatubutse

Perezida wa Uganda Yoweli Kaguta Museveni yayoboye umuhango wo gusezera ku ba…

Perezida Zelensky yamaganye gahunda yo guhura kwa Trump na Putin bahanganye

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yamaganye ibiganiro by’imbonankubone bizahuza Donald Trump na…

Kigali: Abantu 10 batawe muri yombi bakekwaho ibirimo gutobora inzu z’abaturage bakiba

Polisi ikorera mu Mujyi wa Kigali, iratangaza ko yafashe abantu 10 mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amerika

Amerika yahagaritse visa z’abayobozi ba Palestin

2 Min Read
Amerika

Thailand na Cambodia bemeranyije guhagarika imirwo

2 Min Read
Amerika

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

3 Min Read
Amerika

Trump yijeje Ukraine kuyoherereza intwaro za ’Patriots’ zo gukumira ibitero by’u Burusiya

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?