BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Perezida wa Tanzania aratangira uruzinduko rw’iminsi 3 mu Bushinwa

Perezida wa Tanzania aratangira uruzinduko rw’iminsi 3 mu Bushinwa

admin
Last updated: November 2, 2022 12:24 pm
admin
Share
SHARE

Ibiro by’Umukuru w’igihugu muri Tanania, byatangaje ko Perezida Samia Suluhu Hassan atangira uruzinduko rw’iminsi itatu mu Bushinwa.

Perezida Samia Suluhu Hassan asuye Ubushinwa mu gihe ibihugu byombi bimaze imyaka 58 bifitanye umubano

Uruzundo rwe ruzageza tariki 04 Ugushyingo, 2022.

Abiro bya Perezida byatangaje ko ari we mukuru w’igihugu wa Africa ugiye mu Bushinwa kuva Perezida w’icyo gihugu, Xi Jinping atorewe n’abagize ishyaka rye kongera kuribera Umunyamabanga Mukuru muri manda ya gatatu, binavuze ko ari we uzakomeza kuba Perezida.

Samia Suluhu Hassan ndetse asuye Ubushinwa mu gihe hashize imyaka itatu hadutse icyorezo cya COVID-19 cyagiye guihagarika ingendo z’Abakuru b’Ibihugu no guhura imbona nkubone.

Ku wa Kane, Perezida Suluhu azakirwa muri sale nini yitwa “Great Hall of the People”, aho we na Xi Jinping bazasinya amasezerano anyuranye y’ubufatanye.

Mu bandi bayobozi bakuru Suluhu azahura na bo ni Minisitiri w’Intebe w’Ubushinwa, Li Keqiang, na Perezida w’Inteko ishinga amategeko, Li Zhanshu.

Tanzania n’Ubushinwa bimaze imyaka 58 bifitanye umubano mu bya dipolomasi. Itangazo rya Perezidansi ya Tanzania rivuga ko abayobozi bombi bazaganira ibya politiki, ubukungu, umuco, n’ubufatanye bw’ibihugu.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Uganda igiye gukomorera Facebook nyuma y’imyaka 5 ifunzwe 

2 Min Read
Mu mahanga

Gisagara: Abantu batatu bafunzwe bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi

1 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?