BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Feb 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Perezida wa Tanzania aratangira uruzinduko rw’iminsi 3 mu Bushinwa

Perezida wa Tanzania aratangira uruzinduko rw’iminsi 3 mu Bushinwa

admin
Last updated: November 2, 2022 12:24 pm
admin
Share
SHARE

Ibiro by’Umukuru w’igihugu muri Tanania, byatangaje ko Perezida Samia Suluhu Hassan atangira uruzinduko rw’iminsi itatu mu Bushinwa.

Perezida Samia Suluhu Hassan asuye Ubushinwa mu gihe ibihugu byombi bimaze imyaka 58 bifitanye umubano

Uruzundo rwe ruzageza tariki 04 Ugushyingo, 2022.

Abiro bya Perezida byatangaje ko ari we mukuru w’igihugu wa Africa ugiye mu Bushinwa kuva Perezida w’icyo gihugu, Xi Jinping atorewe n’abagize ishyaka rye kongera kuribera Umunyamabanga Mukuru muri manda ya gatatu, binavuze ko ari we uzakomeza kuba Perezida.

Samia Suluhu Hassan ndetse asuye Ubushinwa mu gihe hashize imyaka itatu hadutse icyorezo cya COVID-19 cyagiye guihagarika ingendo z’Abakuru b’Ibihugu no guhura imbona nkubone.

Ku wa Kane, Perezida Suluhu azakirwa muri sale nini yitwa “Great Hall of the People”, aho we na Xi Jinping bazasinya amasezerano anyuranye y’ubufatanye.

Mu bandi bayobozi bakuru Suluhu azahura na bo ni Minisitiri w’Intebe w’Ubushinwa, Li Keqiang, na Perezida w’Inteko ishinga amategeko, Li Zhanshu.

Tanzania n’Ubushinwa bimaze imyaka 58 bifitanye umubano mu bya dipolomasi. Itangazo rya Perezidansi ya Tanzania rivuga ko abayobozi bombi bazaganira ibya politiki, ubukungu, umuco, n’ubufatanye bw’ibihugu.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Imirwano yahinduye isura mu nkengero za Point Zero

Amakuru yizewe aturuka mu misozi miremire y’i Mulenge, mu bice bya Minembwe,…

Wazalendo basubiranyemo babiri bahasiga ubuzima

Intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) zikomeje guhindura…

Imyigaragambyo ku Kibuga cy’Indege cya Nairobi yatumye indege zitinda

Imyigaragambyo y’abakozi ku kibuga cy’indege gikuru cya Kenya, giherereye mu murwa mukuru…

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako iherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka…

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan yasabye imbabazi ku butumwa yagaragayemo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

2 Min Read
Mu mahanga

Umuryango w’Abibumbye urashinja RSF kwica abasivili barenga 6000 mu minsi itatu

2 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yahishuye impamvu yiyemeje kurwanya FDLR ihangayikishije u Rwanda

3 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 na MONUSCO byaganiriye ku gahenge

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?