BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 17, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Perezida wa Botswana yahigiye guhura na Trump, akamwemeza

Perezida wa Botswana yahigiye guhura na Trump, akamwemeza

sam
Last updated: July 12, 2025 12:31 pm
sam
Share
SHARE

Perezida Gideon Duma Boko wa Botswana yahigiye guhura na Donald Trump uyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika, akamwemeza.

ijambo yavugiye mu kiganiro aherutse kugirana n’abanyamakuru, ubwo yabasobanuriraga amahirwe y’ishoramari n’ubucuruzi Botswana ifite.

Muri Werurwe 2025, Boko yagiriye uruzinduko i Washington. Yahuye na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Amerika, Marco Rubio, baganira ku bufatanye mu bucuruzi no kubungabunga amahoro mu karere.

Perezida Boko yavuze ko Abanyamerika bavuga ko ibicuruzwa bya Botswana bijya muri Amerika ari byinshi cyane kurusha ibyoherezwa i Gaborone, bityo ko igihugu cye gikwiye gushyirirwaho umusoro mwinshi.

Ati “Kandi ni ukuri, dukwiye kubiganiraho n’Abanyamerika. Nahuye na Minisitiri Marco Rubio mu ruzinduko rwa mbere nagiriye muri Amerika kandi mushobora kuba mwarabibonye, yanejejwe no guhura nanjye. Bivuze ko ari cyo kiganiro cyiza yagize.”

Uyu Mukuru w’Igihugu yasobanuye ko ikiganiro yagiranye na Minisitiri Rubio cyitabiriwe n’umuntu “uvugana na Trump inshuro enye mu cyumweru”, ushobora kuba ari bamwana we, Massad Boulos.

Ati “Navuze ibyo nashakaga kuvuga. Kimwe mu byo namubwiye kugira ngo abigeze kuri Bwana Perezida Trump ni uko dushaka ko hagati ya Amerika na Botswana umusoro ugera kuri zeru. Ni byo twasabye kandi tuzakomeza kubisaba Amerika.”

Perezida Boko yavuze ko umunsi azahura na Trump, azamwemeza nk’uko yemeje Minisitiri Rubio mu kiganiro cyabaye muri Werurwe, kandi ko Perezida wa Amerika azabishimangira mu butumwa azanyuza ku mbuga nkoranyambaga.

Yakomeje ati “Mutegereze nzahure na Trump. Mutegereze nzahure na we. Nimara guhura na we, muzategereze ‘tweets’ ze, azababwira. Kubera ko iyo duhagararira inyungu z’igihugu, turitonda, turubaha, tuba dushikamye kandi dukoresha imibare n’ubwenge.”

Mu mwaka ushize, Botswana yohereje i Washington ibicuruzwa bifite agaciro ka miliyoni 405,1 z’Amadolari, Amerika yohereza i Gaborone ibifite agaciro ka miliyoni 104,3 z’Amadolari.

Kubera icyuho cya miliyoni 300,8 z’Amadolari cyari hagati y’ubucuruzi bw’ibihugu byombi mu mwaka ushize, tariki ya 9 Nyakanga 2025 Trump yazamuriye Botswana umusoro, awugeza kuri 37%.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

Miss Nishimwe Naomie ubitse ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yihanangirije…

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

Thomas Lubanga washinze umutwe witwaje intwaro wa FRP (Force pour la révolution…

Aba Minisitiri b’umutekano w’imbere mu Rwanda na DR.Congo bahuriye muri Qatar

Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu gihugu, Dr. Vincent Biruta,na Minisitiri w’Intebe wungirije, akaba…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Igitero cy’abasirikare ba Kinshasa mu mirima ya Joseph Kabila cyamaganwe n’imiryango itari iya leta

2 Min Read
Mu mahanga

Leta ya Uganda yaburiye abagabo bapimisha ADN abana babo

2 Min Read
Mu mahanga

Perezida Ramaphosa yahagaritse Minisitiri ukekwaho gukorana n’udutsiko tw’abagizi ba nabi

2 Min Read
Mu mahanga

RDC igiye gusaba Uganda ibisobanuro ku ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?