BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Perezida Tshisekedi arashinjwa gukorera mu kwaha kw’u Rwanda

Perezida Tshisekedi arashinjwa gukorera mu kwaha kw’u Rwanda

admin
Last updated: November 11, 2022 8:30 am
admin
Share
SHARE

Martin Fayulu umuyobozi utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo yashinje ku mugaragaro Perezida Félix Antoine Tshisekedi gukorana n’u Rwanda bagamije kudurumbanya umutekano no gusahura umutungo w’icyo gihugu.

Martin Fayulu arashinja Perezida  Félix Antoine Tshisekedi guharanira inyungu z’uRwanda muri Congo

Uyu wahoze ari kandida perezida, kuva atsinzwe amatora mu kwezi kwa 12 mu mwaka wa 2018 yakunze kwikoma Félix Antoine Tshisekedi avuga ko ari “Umuntu udashoboye, kandi udafite inshingano yaje gushaka amafaranga hamwe na bagenzi be.”

Muri Nzeri 2022 Martin Fayulu yahamagariye Abanyekongo guhagurukira icyarimwe bakarwanya ibibazo byugarije Igihugu cyabo birimo iby’umutekano ngo batezwa n’u Rwanda na Uganda, akemeza ko hari Abanyekongo babiri inyuma.

Kuri uyu wa kane kuri Televiziyo ya TV5, yavuze ko Umukuru w’Igihugu cya Congo,  Félix Antoine Tshisekedi ari umuntu washyizweho n’u Rwanda mu nyungu bumvikanyeho.

Ati “Hano hari abacengezi mu nzego zose (…), ndetse na Bwana Tshisekedi n’umuntu woherejwe kandi washyizweho n’u Rwanda.”

Martin Fayulu uyobora ishyaka ECDe yavuze ko uruhuri rw’ibibazo RD Congo iri gucamo bikomoka mu Rwanda bigatizwa umurindi n’abo yise abacengezi barangajwe imbere na Perezida Tshisekedi.

Uyu munyapolitiki uzwiho kugira urwango ku Banyarwanda n’abanyekongo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda aherutse kumvikana ashimagiza ubukangurambaga bwa Tshisekedi busaba abaturage kwishora mu ntambara n’u Rwanda.

Ku matora ateganyijwe mu mwaka wa 2023, Martin Fayulu yavuze ko nta mucyo uzayarangwamo kuko Tshisekedi n’abamushyizeho bamaze gutegura uburyo azaguma ku butegetsi ku ngufu.

Ati “Bwana Felix Tshisekedi yashyizeho Urukiko Rushinzwe Kurinda Iremezo ry’Itegeko Nshinga abitegetswe, ategeka ko Inteko ishinga amategeko yemeza itegeko ry’amatora, anashyiraho CENI abitegetswe (…), ntidushobora kujya mu mukino muri ibi bihe”.

Yasabye Abanyekongo kubakira hamwe amahoro, ubumwe n’ubuvandimwe kugira ngo bakomeze kurinda ubusugire bw’Igihugu cyabo.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • lg says:
    November 11, 2022 at 8:51 am

    Uyu nawe azakurikira Herodia ntamuntu wanga abanyarwanda nga arame

    Reply
  • mukarugira emerance says:
    November 11, 2022 at 9:45 am

    yewe fayuru uri umutekamutwe gusa, nubundi ntuteze kuba president wa RDC urashya warura iki?hhhhhh ngaho tangira campaign amatora ari hafi, cya nawe uzareke U Rwanda rugushyireho hhhhhheeee ubundi wibereho.

    Reply

Leave a Reply to mukarugira emerance Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Uganda igiye gukomorera Facebook nyuma y’imyaka 5 ifunzwe 

2 Min Read
Mu mahanga

Gisagara: Abantu batatu bafunzwe bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi

1 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?