BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Perezida Sassou Nguesso yasuye Thsisekedi baganira kuri M23 iganje i Bunagana

Perezida Sassou Nguesso yasuye Thsisekedi baganira kuri M23 iganje i Bunagana

admin
Last updated: October 10, 2022 8:19 am
admin
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo yasuwe na mugenzi we wa Congo Brazaville Denis Sassou Nguesso, baganiriye ku bibazo birimo umutwe wa M23 umaze amezi arenga atatu wigaruriye Umujyi wa Bunagana n’utundi duce.

Perezida Sassou Nguesso na Thsisekedi bemeranyijwe ibyo kurandura M23

Perezida wa Repubulika ya Congo, Denis Sassou Nguesso, yavuye i Kinshasa ku gicamunsi cyo ku cyumweru nyuma y’uruzinduko rw’akazi n’ubucuti rw’umunsi umwe muri DRC ku butumire bwa Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo.

Ibitero by’umutwe wa M23 byubuye muri Gicurasi 2022, usaba Leta ya RD Congo kubahiriza amasezerano bagiranye, wari imbere ku murongo w’ibyaganiriwe n’aba Perezida bombi.

RDC kenshi yashinje u Rwanda kuba inyuma y’uwo mutwe, ibintu u Rwanda ruhakana ahubwo rugashinja umuturanyi warwo wo mu Burengerazuba gufatanya n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR wakoze Jenoside mu Rwanda.

Perezidansi ya RDC, yatangaje ko Tshisekedi na Nguesso baganiriye ku buryo bwiza bwatuma ibibazo RDC ifitanye n’umutwe wa M23 bikemurwa.

Yagize iti “Ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bw’igihugu no muri Mai-ndombe n’ingaruka zabyo n’ibikorwa by’ubutabazi biri mu ngingo zaganiriweho.”

Abakuru b’ibihugu byombi basuzumye ibindi bibazo bifitemo inyungu hagamijwe gushimangira icyizere hagati y’ibihugu byombi bituranye n’abaturage babyo.

Abakuru b’ibihugu byombi bashashe inzobe kuri M23 itekanye i Bunagana
Bagarutse ku bwicanyi hagati y’amoko ya Teke na Yaka n’uko bwarangira
Perezida Nguesso asaba Thsisekedi kuganira na M23

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Uganda igiye gukomorera Facebook nyuma y’imyaka 5 ifunzwe 

2 Min Read
Mu mahanga

Gisagara: Abantu batatu bafunzwe bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi

1 Min Read
Mu mahanga

Muyaya yise intambara yo mu Burasirazuba bwa RDC akantu gato ku gihugu

1 Min Read
Mu mahanga

Ethiopia: Ikirunga cyarutse nyuma y’imyaka ibihumbi 12 gisinziriye 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?