BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 17, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Perezida Ramaphosa yahagaritse Minisitiri ukekwaho gukorana n’udutsiko tw’abagizi ba nabi

Perezida Ramaphosa yahagaritse Minisitiri ukekwaho gukorana n’udutsiko tw’abagizi ba nabi

sam
Last updated: July 14, 2025 1:11 pm
sam
Share
SHARE

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yahagaritse by’agateganyo Minisitiri ufite Polisi mu nshingano, Senzo Mchunu, kubera ko akekwaho gukorana n’udutsiko tw’abagizi ba nabi agamije inyungu bwite.

Ku wa 13 Nyakanga 2025, nibwo Ramaphosa yatangaje ko Minisitiri Senzo Mchunu na komiseri wungirije wa Polisi, Shadrack Sibiya, bahagaritswe ku mirimo yabo by’agateganyo, ndetse batangira gukorwaho iperereza.

Ramaphosa yavuze ko atari abo gusa ahubwo inzego zose zigiye gukorwaho iperereza ngo harebwe niba nta ruhare bagize mu gushyigikira udutsiko tw’abagizi ba nabi.

Yagize ati “Inzego zizakora iperereza ku ruhare rw’abayobozi bariho cyangwa abahoze ari abayobozi mu nzego zitandukanye harebwa niba barafashije cyangwa barirengagije ibikorwa bitemewe n’amategeko, kwanga kubahana no kureba ko hari inyungu y’amafaranga cyangwa iza politiki zivuye muri utwo dutsiko.”

Ibi bibaye nyuma y’uko umwe mu bayobozi bakomeye muri Polisi, Gen Nhlanhla Mkhwanzi, ashinje Senzo Mchunu gukorana n’udutsiko tw’abagizi ba nabi, avuga ko uyu muyobozi ashyigikira ibikorwa byo kwica abantu bikorwa n’utu dutsiko aho hari iperereza rikomeye yahagaritse mu nyungu z’utwo dutsiko, bikarangira bimenyekanye ko aritwo twagize uruhare mu bwicanyi bwabereye mu ntara KwaZulu-Natal.

Uyu muyobozi yakomeje avuga ko kandi byagaragaye ko hari inzego za polisi zisa n’iziyoborwa n’utwo dutsiko kubera inyungu zibigiramo.

Uyu mwanzuro wa Ramaphosa wo guhagarika Minisitiri wa Polisi by’agateganyo ntiwaguye neza bamwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu kuko bifuzaga ko yahagarikwa burundu.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

Miss Nishimwe Naomie ubitse ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yihanangirije…

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

Thomas Lubanga washinze umutwe witwaje intwaro wa FRP (Force pour la révolution…

Aba Minisitiri b’umutekano w’imbere mu Rwanda na DR.Congo bahuriye muri Qatar

Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu gihugu, Dr. Vincent Biruta,na Minisitiri w’Intebe wungirije, akaba…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Igitero cy’abasirikare ba Kinshasa mu mirima ya Joseph Kabila cyamaganwe n’imiryango itari iya leta

2 Min Read
Mu mahanga

Leta ya Uganda yaburiye abagabo bapimisha ADN abana babo

2 Min Read
Mu mahanga

RDC igiye gusaba Uganda ibisobanuro ku ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Mu mahanga

Perezida wa Botswana yahigiye guhura na Trump, akamwemeza

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?