BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jul 18, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Perezida Ndayishimiye yakiriye indahiro z’abagize Guverinoma nshya-AMAFOTO

Perezida Ndayishimiye yakiriye indahiro z’abagize Guverinoma nshya-AMAFOTO

admin
Last updated: September 9, 2022 5:26 pm
admin
Share
SHARE
Perezida w’u Burundi Varisito Ndayishimiye yakiriye indahiro z’Abaminisitiri bagize Guverinoma nshya ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu.

Perezida Ndayishimiye Varisito yakiriye indahiro z’abagize Guverinoma nshya

Nyuma y’iminsi ibiri Perezida Evariste Ndayishimiye ashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya, Gervais Ndirakobuca, yakiriye indahiro z’abagize Guverinoma nshya igizwe n’abaminisitiri 15.

Gervais Ndirakobuca yemejwe ku wa Gatatu tariki 7 Nzeri, asimbuye Alain Guillaume Bunyoni washinjwe gushaka gukora ‘Coup d’Etat’.

Ku wa kane nibwo Minisitiri w’Intebe mushya, Ndirakobuca Gervais uzwi nka Ndakugarika yaherekanyije ububasha n’uwo yasimbuye, igihangange Alain Guillaume Bunyoni.

Abaminisitiri bashya uko ari 15 barahiriye mu Kigobe imbere y’umukuru w’Igihugu, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko n’abandi banyacyubahiro.

Mu ba Minisitiri 15 bagize Guverinoma, 5 gusa nibo bashya, basimbuye abaketsweho gukorana bya hafi na Bunyoni.

Abirukanwe muri Guverinoma ni Domitien Ndihokubwayo, yari Minisitiri w’ikigega cya leta. Yasimbuwe na Audace Niyonzima.

Déo-Guide Rurema, wari Minisitiri w’ibidukikije, ubuhinzi n’ubworozi. Yasimbuwe na Sanctus Niragira.

Thadee Ndikumana, Minisitiri w’abakozi n’akazi yasimbuwe kuri uyu mwanya na Deo Rusengwamihigo.

Mu gihe Deogratias Nsanganiyumwami, wari Minisitiri w’inyubako za Leta yasimbuwe na Dieudonné Dukundane.Perezida Ndayishimiye yasimbuje kandi abayobozi mu nzego za Gisirikare, Polisi n’Iperereza kuko baketswe mu mugambi wo kumuhirika ku butegetsi.

Gen NEVA Yeruye asaba uwifuza kumukorera Coup d’Etat kuza bakajya mu mitsi kuko nta wamutsinda nk’uko abyivugira.

Avuga ko igihe cy’imikino n’amagambo cyarangiye ko ubu “ari ku kivi mu gukorera abaturage uzamuvangira azajya yisanga yahantantutse.”

Umutekano mu Mujyi wa Bujumbura uhagaze neza n’ubwo hari icyoba ko itsinda rya Alain-Guillaume Bunyoni ryakora agatendo cyangwa rikisanga muri Gereza ya Mpimba yubatse ku Musaga.

Abagize Guverinoma nshya basabwe gukora nta kujenjeka cyangwa kwiremereza

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yakiriye Intumwa yihariye ya Perezida Paul…

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

Miss Nishimwe Naomie ubitse ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yihanangirije…

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

Thomas Lubanga washinze umutwe witwaje intwaro wa FRP (Force pour la révolution…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Igitero cy’abasirikare ba Kinshasa mu mirima ya Joseph Kabila cyamaganwe n’imiryango itari iya leta

2 Min Read
Mu mahanga

Leta ya Uganda yaburiye abagabo bapimisha ADN abana babo

2 Min Read
Mu mahanga

Perezida Ramaphosa yahagaritse Minisitiri ukekwaho gukorana n’udutsiko tw’abagizi ba nabi

2 Min Read
Mu mahanga

RDC igiye gusaba Uganda ibisobanuro ku ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?