BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Feb 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Perezida Ndayishimiye yakiriye indahiro z’abagize Guverinoma nshya-AMAFOTO

Perezida Ndayishimiye yakiriye indahiro z’abagize Guverinoma nshya-AMAFOTO

admin
Last updated: September 9, 2022 5:26 pm
admin
Share
SHARE
Perezida w’u Burundi Varisito Ndayishimiye yakiriye indahiro z’Abaminisitiri bagize Guverinoma nshya ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu.

Perezida Ndayishimiye Varisito yakiriye indahiro z’abagize Guverinoma nshya

Nyuma y’iminsi ibiri Perezida Evariste Ndayishimiye ashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya, Gervais Ndirakobuca, yakiriye indahiro z’abagize Guverinoma nshya igizwe n’abaminisitiri 15.

Gervais Ndirakobuca yemejwe ku wa Gatatu tariki 7 Nzeri, asimbuye Alain Guillaume Bunyoni washinjwe gushaka gukora ‘Coup d’Etat’.

Ku wa kane nibwo Minisitiri w’Intebe mushya, Ndirakobuca Gervais uzwi nka Ndakugarika yaherekanyije ububasha n’uwo yasimbuye, igihangange Alain Guillaume Bunyoni.

Abaminisitiri bashya uko ari 15 barahiriye mu Kigobe imbere y’umukuru w’Igihugu, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko n’abandi banyacyubahiro.

Mu ba Minisitiri 15 bagize Guverinoma, 5 gusa nibo bashya, basimbuye abaketsweho gukorana bya hafi na Bunyoni.

Abirukanwe muri Guverinoma ni Domitien Ndihokubwayo, yari Minisitiri w’ikigega cya leta. Yasimbuwe na Audace Niyonzima.

Déo-Guide Rurema, wari Minisitiri w’ibidukikije, ubuhinzi n’ubworozi. Yasimbuwe na Sanctus Niragira.

Thadee Ndikumana, Minisitiri w’abakozi n’akazi yasimbuwe kuri uyu mwanya na Deo Rusengwamihigo.

Mu gihe Deogratias Nsanganiyumwami, wari Minisitiri w’inyubako za Leta yasimbuwe na Dieudonné Dukundane.Perezida Ndayishimiye yasimbuje kandi abayobozi mu nzego za Gisirikare, Polisi n’Iperereza kuko baketswe mu mugambi wo kumuhirika ku butegetsi.

Gen NEVA Yeruye asaba uwifuza kumukorera Coup d’Etat kuza bakajya mu mitsi kuko nta wamutsinda nk’uko abyivugira.

Avuga ko igihe cy’imikino n’amagambo cyarangiye ko ubu “ari ku kivi mu gukorera abaturage uzamuvangira azajya yisanga yahantantutse.”

Umutekano mu Mujyi wa Bujumbura uhagaze neza n’ubwo hari icyoba ko itsinda rya Alain-Guillaume Bunyoni ryakora agatendo cyangwa rikisanga muri Gereza ya Mpimba yubatse ku Musaga.

Abagize Guverinoma nshya basabwe gukora nta kujenjeka cyangwa kwiremereza

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiyitirira…

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira…

Umwe mu bayobozi bakuru ba MONUSCO yageze i Kishasa

Umunyamabanga mukuru wungirije wa ONU ushinzwe ibikorwa by’ingabo zo kubungabunga amahoro muri…

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

Impanga zisa ndetse zihuje n'ibimenyetso ndangasano (DNA) zirakekwaho ubwicanyi bwakorewe abantu babiri…

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

Ihuriro AFC/M23 ryashinje Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gushyigikira ubugizi bwa…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Perezida Samia Suluhu yijeje Museveni umusanzu mu biganiro byo kugarura amahoro mu karere

2 Min Read
Mu mahanga

Gen Muhoozi yambitswe umudali w’ishimwe na se

2 Min Read
Mu mahanga

Ghana na Zambia bakuyeho visa ku baturage b’ibyo bihugu

1 Min Read
Mu mahanga

Umuhungu wa Muammar Gaddafi yitabye Imana, hakekwa kuraswa

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?