BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Perezida Ndayishimiye yahaye gasopo abifuza kumukorera ‘Coup d’Etat’

Perezida Ndayishimiye yahaye gasopo abifuza kumukorera ‘Coup d’Etat’

admin
Last updated: September 3, 2022 7:04 pm
admin
Share
SHARE

Mu birori byo gufungura umwaka w’ubucamanza wa 2022-2023 mu Burundi, Perezida Varisito Ndayishimiye yagabishije abigira ibihangange muri kiriya gihugu ngo bifuza kumuhirika ku butegetsi.

Perezida Varisito Ndayishimiye avuga ko ibintu byose abifite mu ntoki ntawuzamunyeganyeza

Umukuru w’igihugu cy’u Burundi kuri uyu wa gatanu, yahamije ko nta ‘Coup d’etat’ izongera kuba muri kiriya gihugu, kandi ko uzahirahira yifuza guhirika ubutegetsi bwe, azakubitwa inkoni y’ubutabera.

Yeruye ko ibintu byose bijyanye n’ineza y’abaturage azabyifatira mu ntoki ze, asaba abashinzwe umutekano n’ubutabera kuryamira amajanja.

Ati “Inkozi z’ikibi zose ntihagire n’umwe yongera kuduhagararaho,amategeko akore turebe ko bitazashoboka.”

Yasobanuye ko umwanya yataye yijujutira abayobozi bakora nabi bagamije kumwangisha abaturage yawizemo byinshi.

Ati “Baranyinubira bavuge ngo nahemutse kwifatira mu ntoki ibijyanye n’ibikomoka kuri peteroli.”

Ibura ry’ibikomoka kuri Peteroli ryateje intugunda mu Burundi, Perezida Ndayishimiye avuga ko hari agatsiko k’abaherwe na bamwe mu bategetsi bakoresheje iyi turufu mu rwego rwo kugumura abaturage maze ngo “Bakore coup d’etat bitwaje ko adashoboye gucyemura ibibazo by’abaturage.”

Yabikomye cyane avuga ko ubutabera buzabaha isomo rikomeye ashimangira ko nta ntambara izongera kuba mu Burundi cyangwa guhirika ubutegetsi.

Yagereranyije abarwanira kuba abakuru ko bameze nk’uwitwa Maconco wigometse ku Mwami Mwezi ashaka yicwa aticaye ku ntebe y’ubwami.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW
Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
6 Comments
  • nyemazi says:
    September 4, 2022 at 12:42 pm

    Niko politike imera.Muli Politike haberamo ibintu byinshi bibi Imana itubuza: inzangano, Imvururu,Ubwicanyi Intambara,,uburyarya,amatiku,kwikubira,gutonesha bene wanyu (nepotism),Ruswa,etc…,kandi ibyo byose Imana ibituza.Ahubwo igasaba abakristu nyakuli “gushaka Ubwami bwayo” buzaza ku munsi w’imperuka,bugakuraho ubutegetsi bw’abantu akaba aribwo butegeka isi,nkuko Daniel 2,umurongo wa 44 havuga.Niyo mpamvu abakristu nyakuli batajya muli politike n’intambara zibera muli iyi si.Kubera ko Yesu yabibabujije.

    Reply
  • nyemazi says:
    September 4, 2022 at 12:42 pm

    Niko politike imera.Muli Politike haberamo ibintu byinshi bibi Imana itubuza: inzangano, Imvururu,Ubwicanyi Intambara,,uburyarya,amatiku,kwikubira,gutonesha bene wanyu (nepotism),Ruswa,etc…,kandi ibyo byose Imana ibituza.Ahubwo igasaba abakristu nyakuli “gushaka Ubwami bwayo” buzaza ku munsi w’imperuka,bugakuraho ubutegetsi bw’abantu akaba aribwo butegeka isi,nkuko Daniel 2,umurongo wa 44 havuga.Niyo mpamvu abakristu nyakuli batajya muli politike n’intambara zibera muli iyi si.Kubera ko Yesu yabibabujije.

    Reply
  • Pingback: Igihangange Bunyoni ntakiri Minisitiri w’Intebe w’u Burundi – Umuseke
  • Pingback: Igihangange Bunyoni ntakiri Minisitiri w’Intebe w’u Burundi – Umuseke
  • Richard says:
    September 7, 2022 at 9:02 pm

    Bunyoni Yahora Yigira Kibirengeye Nn Nakubitwe Kuntoki

    Reply
  • Richard says:
    September 7, 2022 at 9:02 pm

    Bunyoni Yahora Yigira Kibirengeye Nn Nakubitwe Kuntoki

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Uganda igiye gukomorera Facebook nyuma y’imyaka 5 ifunzwe 

2 Min Read
Mu mahanga

Gisagara: Abantu batatu bafunzwe bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi

1 Min Read
Mu mahanga

Muyaya yise intambara yo mu Burasirazuba bwa RDC akantu gato ku gihugu

1 Min Read
Mu mahanga

Ethiopia: Ikirunga cyarutse nyuma y’imyaka ibihumbi 12 gisinziriye 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?