BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Perezida Museveni yasohotse ku rutonde rw’abahanzi bambuye Producer Washington

Perezida Museveni yasohotse ku rutonde rw’abahanzi bambuye Producer Washington

admin
Last updated: September 13, 2022 11:02 am
admin
Share
SHARE

*“Kwezi Kwezi” ya Perezida Museveni mu rutonde rw’indirimbo zishobora gusibwa

Umuhanga mu gutunganya indirimbo David Washington Ebangit ukomoka muri Uganda wamamaye nka Washington, yasohoye urutonde rw’indirimbo 20 yakoze ba nyirazo bakamwambura.

Producer Washington arishyuza abahanzi bamwambuye muri Uganda

Producer Washington yahaye igihe ntarengwa abahanzi barimo Perezida Yoweli Kaguta Museveni, cyo kumuha udufaranga yabiriye icyuya cyangwa indirimbo zabo zigasibwa ku mbuga zicururizwaho umuziki.

Yatangaje ko yasohoye urutonde rw’indirimbo 20 ba nyirazo bamwambuye nyuma y’uko ategereje imyaka myinshi ko bibwiriza kumwishyura agaheba.

Kumwambura abifata nk’agasuzuguro no kwifuza ko ahora mu bukene mu gihe izo ndirimbo zabubakiye ibigwi n’ubutunzi bwinshi.

Mubo yishyuza ku isonga harimo Perezida wa Uganda Yoweli Kaguta Museveni yakoreye indirimbo yitwa “Kwezi kwezi” ariko ntamuhe n’urupfumuye.

Bobi Wine, Cindy, Radio and Weasel, Bebe Cool, Jackie Chandiru, Juliana Kanyomozi nabo bari ku rutonde rw’abo yarambitse ibiganza ku ndirimbo zabo, bakazisaruramo amafaranga mu gihe we bamukwena ngo yarakennye.

Washington avuga ko bamwe muri abo bahanzi babaye ibikomerezwa binyuze muri zimwe mu ndirimbo yatunganyijwe ariko ntiyishyurwe.

Kuri uyu wa mbere mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze yavuze ko arambiwe agasuzuguro bagomba kumwishyura cyangwa indirimbo zigasibwa.

Yagize ati” Mu myaka myinshi natunganyije umuziki wahinduye ubuzima bw’abantu benshi, Abantu benshi basaruye ku bikorwa byanjye bikomeye ariko nzi ko Imana izahana abantu bose batanyishyuye.”

Washington yatanze amasaha 24 yo kuba bamaze kumwishyura cyangwa izo ndirimbo zigasibwa burundu.

Izo ndirimbo 20 ni Don’t Cry – (Wizkid ft Goodlife) Talk and Talk (Goodlife) Ngenda Maaso (Goodlife) Juicy Juicy (Goodlife) Breath Away (Goodlife) Fire Anthem (East African Bashment Crew) Wendi (Bobi Wine) Adam ne Eva (Bobi Wine) One and Only (Cindy) Gold Digger (Jackie Chandiru) Vitamin (Lilian Mbabazi) Love Letter (Lilian Mbabazi) Kwezi Kwezi (M7) Ayokyayokya (Cindy) Ediba (Juliana Kanyomozi) Akama (Sama Sojah) Number Emu (Goodlife) Lonely (Bebe Cool) Kintu Riddim Fire Burn Dem (Bebe Cool and Dizzy Nuts)

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Sam says:
    September 13, 2022 at 5:23 pm

    Arakoze atumye tumenya ko akibaho, Hit ni Hit

    Reply
  • Sam says:
    September 13, 2022 at 5:23 pm

    Arakoze atumye tumenya ko akibaho, Hit ni Hit

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?