BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

admin
Last updated: December 6, 2025 12:55 pm
admin
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago ku Isi n’abafatanyabikorwa, mu ibirori byo gutombora uko amakipe y’Ibihugu 48 azakina Igikombe cy’Isi cya 2026 kizabera muri Canada, Mexique na Leta Zunze Ubumwe za Amerika harebwa uko azahura.

Ibi birori byabereye muri John F. Kennedy Center iherereye I Washington, D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa Gatanu, tariki ya 5 Ukuboza 2025.

Igikombe cy’Isi giteganyijwe kuba kuva ku wa 11 Kamena kugeza tariki 19 Nyakanga 2026.

U Rwanda ruri mu bihugu 8 bizakira imikino ya FIFA Series 2026 igamije guhuza amakipe y’ibihugu yo ku migabane atandukanye ku Isi mu bagabo n’abagore, aho bazaba bakina imikino ya gicuti.

Ndetse ibindi bihugu bizayakira birimo, Azerbaijan, Australia, Indonesia, Kazakhstan, Ibirwa bya Maurice, Puerto Rico na Uzbekistan. Ni mu gihe kandi iyo mu cyiciro cy’abagore kizaba kiri kuba bwa mbere izabera muri Brésil, Côte d’Ivoire na Thaïlande.

Perezida wa FIFA, Gianni Infantino mu bihe bisjize yari yatangaje ko iyi mikino yashyizweho mu rwego rwo guha agaciro amakipe yose, akaba yakwerekana ibyo ashoboye ku ruhando mpuzamahanga.

Yagize ati “FIFA igiye gufungura amarembo ku bakinnyi, abafana n’abatoza bashoboye binyuze muri iyi mikino yo ku rwego rw’Isi, ifite igisobanuro gikomeye. Ubu hazatangizwa n’icyiciro cy’abagore aho bizerekana ko bose bakwiriye gufatwa kimwe n’abagabo.”

Yakomeje agira ati “Guhuriza hamwe ibihugu binyuze mu irushanwa, FIFA iba ishaka gukomeza umukino mu buryo bw’impande zose kandi muri buri cyiciro, bityo ba bandi bari hasi na bo bakazamuka bakagera hejuru.”

Iyi mikino ni imwe muri gahunda za FIFA za 2023-2027, zikubiyemo kuzamura imikino ku rwego rw’Isi. Iteganyijwe hagati ya Werurwe na Mata 2026.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini mu munyenga w’urukundo 

2 Min Read
Imikino

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

2 Min Read
Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
Imikino

Hamenyekanye uzasifura umukino wa APR FC na Rayon Sports

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?