BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Feb 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Perezida Kagame yitabiriye irahira rya Ruto – AMAFOTO

Perezida Kagame yitabiriye irahira rya Ruto – AMAFOTO

admin
Last updated: September 12, 2022 8:28 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame ari muri Kenya aho yitabiriye umuhango wo kurahira kwa William Ruto, amafoto agaragaza ko bagiranye ibiganiro.

Perezida Kagame ubwo yasuhuzanyaga na William Ruto uzarahirira kuyobora Kenya

Ibiro by’Umukuru w’igihugu mu Rwanda, Village Urugwiro byatangaje ko Perezida Paul Kagame yageze i Nairobi ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere.

Perezida watowe muri Kenya, William Ruto na we kuri Twitter yashyize hanze amafoto agaragaza ko yishimiye kwakira Perezida Paul Kagame ndetse bose baseka cyane byeruye.

Ntabwo yatangaje byinshi ku biganiro byabo bombi, gusa yagize ati “Nagiranye ibiganiro na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame ku ngoro y’umukuru w’Igihugu, mu Mujyi wa Nairobi.”

Bigaragara ko Perezida Paul Kagame yishimiye gutorwa kwa William Ruto

Umuhango w’irahira rya Ruto uraba kuri uyu wa kabiri tariki ya 13 Nzeri, 2022, i Nairobi kuri Stade yitiriwe nyakwigendera Daniel Arap Moi.

Komisiyiso y’Amatora muri Kenya iherutse kwemeza bidasubirwaho  ko William Ruto atorewe kuyobora Kenya ku majwi 50,4% (angana n’amajwi miliyoni 7,1) yari ahigitse Raila Odinga bari bahanganye wabonye 48,9%.

Raila Odinga wari uhanganye na Ruto, yari yagaragaje ko amatora yabayemo uburiganya.

Urukiko rw’Ikirenga rwa Kenya rwavuze ko ibyavuye mu matora yo mu kwezi gushize bifite ishingiro, rwemeza  William Ruto ko ari we watowe.

Odinga yavugaga ko ikoranabuhanga ryifashishijwe mu matora ritakoze mu mucyo, ritari ryizezewe.

Ikindi ni uko ko ‘system’ yo gukusanya ibyavuye mu matora na yo yavugaga ko yinjiwemo n’abatabifitiye uburenganzira ngo bahindure ibyayavuyemo.

Gusa urukiko rw’ikirenga  rwaje kubitesha agaciro, byose.

TUYISHIMIRE Raymond /UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Umurungi Alice says:
    September 13, 2022 at 6:40 pm

    Halya ubwo Kenya ntigize abaperezida bane Kagame agiriye mu irahira? Hora n’uyu ejobundi arangize manda ze ebyili agende undi yigaramiye!Dufite icyo bita “stability” iri ku munzani w’ikoranabuhanga yacu!

    Reply
  • Umurungi Alice says:
    September 13, 2022 at 6:40 pm

    Halya ubwo Kenya ntigize abaperezida bane Kagame agiriye mu irahira? Hora n’uyu ejobundi arangize manda ze ebyili agende undi yigaramiye!Dufite icyo bita “stability” iri ku munzani w’ikoranabuhanga yacu!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye ibikorwa by’Inama y’Abakuru b’Ibihugu…

Amateka y’umunsi w’abakundana wa ‘Saint Valentin’

Ubusanzwe umunsi wa Saint Valentin wizihizwa tariki 14 Gashyantare ku Isi hose…

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo…

Umuryango w’Abibumbye urashinja RSF kwica abasivili barenga 6000 mu minsi itatu

Raporo yashyizwe ahagaragara n'Umuryango w'Abibumbye (UN), ivuga ko umutwe urwanya ubutegetsi bwa…

Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganta kuzasura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?