BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Perezida Kagame yazamuye mu ntera Maj.Gen Kabandana Innocent

Perezida Kagame yazamuye mu ntera Maj.Gen Kabandana Innocent

admin
Last updated: September 26, 2022 8:58 pm
admin
Share
SHARE

Itangazo ryasohowe n’igisirikare cy’u Rwanda rivuga ko Perezida Paul Kagame yazamuye mu ntera Major General Kabandana Innocent, uyu ni we watangije urugamba ku byihebe byari byarayogoje Mozambique.  

Kabandana Innocent akiri Major General ubu ni Lieutenent General (Ifoto ya The New Tiomes)

Perezida Paul Kagame, Umugaba mukuru w’Ikirenga w’ingabo z’igihugu, yazamuye Maj. General Kabandana Innocent ku ipeti rya Lieutenant General.

Itangazo rivuga ko “Perezida Kagame yamuzamuye kubera ko ashoje inshingano ze muri Mozambique, kandi ko bihita bikurikizwa”.

Hashize ukwezi hafi n’ibyumweru bibiri, Major General Kabandana Innocent ubu wabaye Lieutenant General avuye muri Mozambique, akaba yarasimbuwe na Major General Eugene Nkubito.

Muri Mozambique yari ashinzwe guhuza ibikorwa by’inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri kiriya gihugu.

Mu mwaka umwe yamaze akuriye guhuza ibikorwa by’inzego z’umutekano z’u Rwanda i Cabo del Gado birukanye ibyihebe bafasha abaturage kugaruka mu byabo.

Kabandana, wahoze akuriye umutwe w’ingabo zidasanzwe mu Rwanda ni umusirikare uzwiho ubunararibonye mu gutegura urugamba, ufite impamyabumenyi ya Masters muri Business Administration yakuye muri Oklahoma Christian University, USA.

Azwi kandi nk’umuhanga mu mirwano, kuyobora ingabo, guhugura n’uburambe mu kubungabunga amahoro ku rwego mpuzamahanga.

Mu bihe byashize, yanabaye uhagarariye inyungu za gisirikare muri Ambasade y’u Rwanda, Washington DC.

Major Gen Kabandana wagizwe Lt Gen yabaye kandi umuyobozi mukuru w’ishuri rya Gisirikare ry’u Rwanda i Gako, aba umuyobozi wungirije ushinzwe abakozi mu gisirikare mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye muri Sudani y’Epfo.

Yigeze kandi kuba Umuyobozi w’Inama ishinzwe amasoko ya gisirikare, yanayoboye ishami ry’ibikoresho (Logistics) mu ngabo z’u Rwanda, aba n’umuyobozi Mukuru w’Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?