BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi itatu muri Singapore

Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi itatu muri Singapore

admin
Last updated: September 30, 2022 7:12 am
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame n’itsinda ry’abayobozi bari kumwe, batangiye uruzinduko rw’iminsi itatu mu gihugu cya Singapore.

Perezida Kagame yatangiriye uruzinduko rwe kuri Nanyang Technological University

Uruzinduko rubarwa uhereye kuri uyu wa Gatanu, Perezida Kagame yabanje kujya kuri Kaminuza yitwa Nanyang Technological University, akaba yasuye ibikorwa binyuranye, anabwirwa amateka y’imyaka 30 iyi kaminuza imaze yatumye igera ku rwego rwa zimwe mu ziyoboye ku isi.

Perezida Paul Kagame azagirana ibiganiro na Perezida wa Singapore, Halimah Yacob, ndetse na Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu, Lee Hsien Loong.

Kuri uyu wa Gatanu, Perezida Kagame aratanga ikiganiro kuri Kaminuza ya Nanyang Technological University kitabirwa n’abayobozi mu bigo bya Leta n’abigenga, ndetse n’abanyeshuri iki kiganiro kikaba kizwi ku izina rya Majulah Lecture.

Ikiganiro kiraza kubazwamo ibibazo maze Perezida Kagame abisubize, kikayoborwa na Perezida wa Kaminuza, Prof. Subra Suresh.

Majulah Lecture cyatangijwe muri 2017 kikaba gihuza abayobozi ba Leta n’abigenga bakungurana ibitekerezo.

Perezida Paul Kagame yanakurikiranye isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye hagati ya Nanyang Technological University na Ministeri y’Uburezi.

Perezida Kagame yakurikiranye isinywa ry’amasezerano hagati ya Nanyang Technological University na Ministeri y’Uburezi

Aya masezerano azatangira gushyirwa mu bikorwa mu mwaka utaha, arimo guha amahirwe Abanyarwanda bakajya kwiga muri iyi kaminuza iri mu zikomeye ku isi.

Village Urugwiro, ibiro by’Umukuru w’Igihugu bivuga ko Perezida Kagame nava kuri iriya Kaminuza, ajya ku ngoro ya Perezida wa Singapore yitwa Istana, akagira ibiganiro na Perezida Halimah Yacob.

Nyuma yo guhura na Perezida wa Singapore, nibwo Kagame azagirana ibiganiro na Minisitiri w’intebe, Lee Hsien Loong.

Rwanda na Singapore bifitanye umubano ukomeye, muri Kamena 2022, minisitiri w’intebe, Lee Hsien Loong yasuye u Rwanda anitabira inama ya CHOGM.

Ubufatanye bw’ibi bihugu bushingiye ku bucuruzi n’ishoramari, uburezi, kubungabunga ibidukikije, imiyoborere, ikoranabuhanga, ubutabera n’iby’ingendo z’indege.

Perezida Kagame azasura Kaminuza izwi cyane muri Singapore

AMAFOTO@Village Urugwiro Twitter

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Karake Jeanine says:
    September 30, 2022 at 6:27 pm

    Nashakishije mu ngereko (listings) za Kaminuza zizwi, nta na hamwe nabonye ririya shuri? ndakeka rero biriya ari igipindi! Niba hasinywe amasezerano hagati ya ririya shuri na Minisiteri y’uburezi. Mwavuze icyo ilyo shuri rizatanga, ni iki Urwanda ruzaliha?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?