BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Perezida Kagame yakiriye ba ambasaderi bashya b’u Bushinwa na Malawi

Perezida Kagame yakiriye ba ambasaderi bashya b’u Bushinwa na Malawi

admin
Last updated: August 9, 2022 6:59 pm
admin
Share
SHARE

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yakiriye impapuro z’ Amb. WANG Xuekun zimwemerera guhagararira u Bushinwa mu Rwanda, aho yanahaye ikaze Andrew Zumbe Kumwenda uje guhagararira Malawi.

U Bushinwa n’u Rwanda bifitanye umubano umaze imyaka irenga 50

Aba bombi baje guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda yabahaye ikaze ku Gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki 9 Kanama 2022, muri Village Urugwiro ku Kacyiru.

Nk’uko byatangajwe n’ibiro by’umukuru w’Igihugu Village Urugwiro, nibwo Perezida Paul Kagame yakiriye impapuro zibemerera guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.

Itangazo rigira riti “Kuri iki Gicamunsi, Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Repubulika y’Abaturage y’u Bushinwa WANG Xuekun na Komiseri Mukuru Andrew Zumbe Kumwenda uje guhagararira inyungu za Malawi.

Ambasaderi WANG Xuekun uje guhagararira u Bushinwa mu Rwanda aje gukorera mu ngata Ambasaderi Rao Hongwei wasoje inshingano ze yari ariho kuva mu 2017, akaba yarakoze ibikorwa binyuranye bishimangira umubano w’ibihugu byombi nk’ubucuruzi, ishoramari, uburezi n’ibindi.

Ambasaderi mushya WANG Xuekun yavutse mu 1968, akaba afite impamyabushobozi y’ikirenga (PhD) mu bijyanye na Engineering. Ni umwe mubagize icyaka Communist Party of China iri kubutegetsi, yageze I Kigali ku nshuro ye ya mbere mu mpera za Gicurasi 2022 ari kumwe n’umuryango we.

Mu 2021, Ubushinwa n’u Rwanda byizihizwaga isabukuru y’imyaka 50 y’umubano mwiza bafitanye, ibi bigaragazwa nuko mu 2020 u Bushinwa bwohereje mu Rwanda ibicuruzwa bifite agaciro ka miliyoni 282 z’amadorali, naho u Rwanda rwohereza ibifite agaciro ka miliyoni 38.7 z’amadorali.

Ku rundi ruhande, u Rwanda na Malawi nabyo ni ibihugu bisanzwe bifitanye umubano mwiza, aho hari abaturage b’ibihugu byombi bakorera muri buri gihugu, Andrew Zumbe Kumwenda akaba afite inshingano zo gukomeza guhamya uyu mubano.

Perezida Kagame yakiriye Ambasaderi mushya w’u Bushinwa WANG Xuekun
Andrew Zumbe Kumwenda uje guhagararira Malawi yakiriwe muri Village Urugwiro

NKURUNZIZA Jean Baptiste / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?