BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, May 21, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru Nyamukuru > Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Bufaransa Emmanuel Macron

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Bufaransa Emmanuel Macron

sam
Last updated: May 7, 2025 12:43 pm
sam
Share
SHARE

Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu, tariki 7 Gicurasi 2025, Perezida Paul Kagame yabonanye na mugenzi we w’u Bufaransa, Perezida Emmanuel Macron .

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu,Village Urugwiro byatangaje ko ibiganiro by’aba bombi  byibanze ku bibazo byugarije isi ndetse no ku bufatanye butanga umusaruro hagati y’u Rwanda n’Ubufaransa.

Perezida Kagame yaherukaga mu Bufaransa muri Nyakanga umwaka ushize,  ubwo yitabiraga ibirori byo gutangiza imikino ya Olempike yaberaga muri icyo gihugu.

Ni nyuma yaho nabwo muri Mutarama 2024 yari i Paris ubwo yitabiraga inama yigaga ku  gukora inkingo ndetse no guhanga udushya.

Kuri ubu umubano w’ubufaransa wifashe neza ndetse iki gihugu kiyongereye mu bihugu biri mu gukora ibishoboka byose ngo ikibazo cy’umutekano mu Burasirazuba bwa Congo  n’umwuka mubi hagati y’iki gihugu n’u Rwanda bijye mu buryo.

Ubufaransa ni kimwe mu bihugu byagaragaye ubwo kuwa 30 Mata uyu mwaka abahagarariye u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bahuriraga i Doha muri Qatar mu biganiro bitegura amasezerano y’amahoro ateganyijwe hagati y’impande zombi.

Ibi biganiro kandi byitabiriwe n’umujyanama wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe ubufatanye na Afurika, Massad Boulos, uhagarariye Togo, ndetse na Qatar yabiteguye.

 

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Ubushinjacyaha bwasabiye Constant Mutamba gukurwaho ubudahangarwa kugira ngo atabwe muri yombi

Ubushinjacyaha bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwasabye Inteko Ishinga Amategeko kwambura…

Uganda: inkiko za gisirikare zigiye kujya ziburanisha abasivile

Inteko Ishinga Amategeko muri Uganda yatoye itegeko riha ububasha inkiko za gisirikare…

Umugore wa Joe Biden agiye kujyanwa mu nkiko kubera kutita ku mugabo we

Jill Biden umugore w’uwahoze ari perezida wa leta  zunze ubumwe za Amerika…

Matata Ponyo wabaye Minisitiri w’intebe wa DRC yakatiwe imirimo y’agahato kubera ruswa

Urukiko rushinzwe kurengera Itegeko Nshinga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwakatiye…

Umugore wibarutse akigera mu Rwanda avuye mu menyo ya FDLR, yahawe ibikoresho

Muhawenimana Ntagisanimana w’imyaka 24, ni umwe mu banyarwanda 1,165 bari barafashwe bugwate…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yitabiriye inama Mpuzamahanga yiga ku Mutekano muri Afurika (ISCA).

1 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Amerika yashyikirije u Rwanda na DRC umushinga w’amasezerano y’amahoro

1 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yitabiriye inama ya Africa CEO Forum muri Côte d’Ivoire

2 Min Read
Amerika

Cardinal Robert Prevost yatorewe kuba Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi.

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?