BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru Nyamukuru > Perezida Kagame yageze muri Guinée-Conakry

Perezida Kagame yageze muri Guinée-Conakry

admin
Last updated: November 11, 2025 6:04 pm
admin
Share
SHARE

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Perezida Kagame yageze muri Guinea- Conakry, aho yakiriwe na mugenzi we, Mamadi Doumbouya.

Abakuru b’ibihugu byombi kandi bitabiriye itangizwa ry’Umushinga w’ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro y’Ubutare [Iron] wa Simandou Iron Ore Project

Ibirombe bya Simandou biherereye mu majyepfo y’uburasirazuba bwa Guinée ni byo bibitse amabuye y’agaciro ya ‘Fer’ menshi ku Isi. Abahanga bagaragaza ko harimo apimye toni ziri hagati ya miliyari eshatu n’enye.

Biteganyijwe ko ubwo umushinga wo gucukura aya mabuye y’agaciro uzaba wuzuye mu 2030, ku buryo mu misozi ya Simandou hazajya hacukurwa toni zigera kuri miliyoni 120 za ‘Fer’ ku mwaka.

Ku wa 12 Ugushyingo kandi, Perezida Kagame na Doumbouya bazatangiza ku mugaragaro inama nyafurika ya TAS (Transform Africa Summit) iganirirwamo uko iterambere rya Afurika ryakwihutishwa.

Muri iyi nama itegurwa n’umuryango Smart Africa Alliance, Perezida Kagame n’abandi bazayitabira bazaganira ku ikoreshwa ry’ubwenge buhangano (AI) mu guhanga ibishya bizana impinduka muri Afurika no ku Isi muri rusange.

Abayobozi n’abahanze ibishya bazaganira ku ikoreshwa rya AI mu guteza imbere ubukungu bwa Afurika, gukomeza urwego rw’imiyoborere no kongera imbaraga mu guhanga ibishya.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Inkuru Nyamukuru

“Ibi birahagije ku binyoma byanyu”. Umuvugizi w’u Rwanda yasubije uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

3 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Dukeneye amahoro n’umutekano mbere ya byose-Yolande Makolo

3 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Uwari Major waregwaga muri dosiye y’amabuye y’agaciro yakuriweho gukurikiranwa

3 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?