BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jul 18, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Perezida Kagame yagaragaje ko “umukino wo gushinjanya” utakemura ibibazo muri Congo

Perezida Kagame yagaragaje ko “umukino wo gushinjanya” utakemura ibibazo muri Congo

admin
Last updated: September 21, 2022 7:00 pm
admin
Share
SHARE

Mu ijambo umukuru w’igihugu cy’u Rwanda Perezida Paul Kagame yagejeje ku nama rusange ya UN, yavuze ko ibirego byatanzwe n’abaturanyi ba RD Congo ari “umukino wo gushinjanya” utakemura ibibazo by’umutekano mu Karere.

Perezida Paul Kagame yagejeje ijambo ku nama rusange ya UN agaruka ku birego bya Congo

Congo ivuga ko u Rwanda rutera inkunga umutwe w’inyeshyamba wa M23 umaze amezi atatu  wigaruriye umujyi wa Bunagana n’utundi duce muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Mu ijambo Perezida Felix Tshisekedi yagejeje ku nama rusange ya 77 ya ONU, yavuze ko u Rwanda rwinjiye mu gihugu cye muri Werurwe 2022, ndetse rufasha inyeshyamba za M23.

Perezida Tshisekedi yavuze ko u Rwanda rwanafashe ibice muri Kivu ya Ruguru bikozwe n’umutwe w’iterabwoba, witwaje intwaro wa M23, rwahaye ibikoresho by’intambara, n’abantu bo kurwana.

U Rwanda rwamaganye inshuro nyinshi gushyigikira M23, Perezida Kagame yavuze hakenewe ubushake bwa politiki mu gukemura ibibazo by’umutekano muke, byabaye akarande mu Burasirazuba bwa Congo kuruta umukino wo gushinjanya kuko ntacyo ukemura.

Ati “Hakenewe ubushake bwa politiki bwihuse mu gukemura ikibazo cy’umutekano muke uri mu Burasirazuba bwa Congo Kinshasa, by’umwihariko no gushaka umuzi nyamukuru w’iki bibazo, umukino wo gushinjanya ntukemura ibibazo”

Perezida Kagame yavuze kandi ko hakenewe ubufatanye bw’akarere mu kugarura amahoro n’umutekano yabuze mu myaka irenga 20 mu burasirazuba bwa  Congo.

Ati “Ntidushobora guteganya cyangwa gukumira ibibazo byose, ariko dushobora kwitegura no kubyitwaramo neza kandi vuba, mu gihe bikenewe, hakenewe ubufatanye.”

Perezida Kagame yagaragaje ko ubufatanye mu kugarura umutekano byagaragaye ko bitanga umusaruro, yatanze urugero muri Mozambique no muri Santrafurika aho ingabo z’u Rwanda ziri mu bikorwa byo kubungabunga amahoro.

Yagaragaje ko mu gihe uburyo nk’ubwo bwageragezwa muri RD Congo byagira icyo bihindura hakagaruka ituze.

Ibibazo bya Congo u Rwanda rwakomeje kugaragaza ko ari ibyabo bwite, kandi kubirushyiramo ari ukwirengagiza ukuri no kuyobya amahanga.

U Rwanda ruvuga ko abagize M23 ari abanyekongo bityo Leta yabo ikwiye kuganira na bo ibintu Congo idakozwa.

Perezida Paul Kagame agaragaza ko ubufatanye bw’ibihugu byakemura ikibazo cy’umutekano muke mu baturanyi

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yakiriye Intumwa yihariye ya Perezida Paul…

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

Miss Nishimwe Naomie ubitse ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yihanangirije…

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

Thomas Lubanga washinze umutwe witwaje intwaro wa FRP (Force pour la révolution…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rufite ikizere cy’uko amasezerano rwasinyanye na DRC azatanga umusaruro

3 Min Read
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Perezida Kagame yagaragaje ko “umukino wo gushinjanya” utakemura ibibazo muri Congo

Perezida Kagame yagaragaje ko “umukino wo gushinjanya” utakemura ibibazo muri Congo

admin
Last updated: September 21, 2022 7:00 pm
admin
Share
SHARE

Mu ijambo umukuru w’igihugu cy’u Rwanda Perezida Paul Kagame yagejeje ku nama rusange ya UN, yavuze ko ibirego byatanzwe n’abaturanyi ba RD Congo ari “umukino wo gushinjanya” utakemura ibibazo by’umutekano mu Karere.

Perezida Paul Kagame yagejeje ijambo ku nama rusange ya UN agaruka ku birego bya Congo

Congo ivuga ko u Rwanda rutera inkunga umutwe w’inyeshyamba wa M23 umaze amezi atatu  wigaruriye umujyi wa Bunagana n’utundi duce muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Mu ijambo Perezida Felix Tshisekedi yagejeje ku nama rusange ya 77 ya ONU, yavuze ko u Rwanda rwinjiye mu gihugu cye muri Werurwe 2022, ndetse rufasha inyeshyamba za M23.

Perezida Tshisekedi yavuze ko u Rwanda rwanafashe ibice muri Kivu ya Ruguru bikozwe n’umutwe w’iterabwoba, witwaje intwaro wa M23, rwahaye ibikoresho by’intambara, n’abantu bo kurwana.

U Rwanda rwamaganye inshuro nyinshi gushyigikira M23, Perezida Kagame yavuze hakenewe ubushake bwa politiki mu gukemura ibibazo by’umutekano muke, byabaye akarande mu Burasirazuba bwa Congo kuruta umukino wo gushinjanya kuko ntacyo ukemura.

Ati “Hakenewe ubushake bwa politiki bwihuse mu gukemura ikibazo cy’umutekano muke uri mu Burasirazuba bwa Congo Kinshasa, by’umwihariko no gushaka umuzi nyamukuru w’iki bibazo, umukino wo gushinjanya ntukemura ibibazo”

Perezida Kagame yavuze kandi ko hakenewe ubufatanye bw’akarere mu kugarura amahoro n’umutekano yabuze mu myaka irenga 20 mu burasirazuba bwa  Congo.

Ati “Ntidushobora guteganya cyangwa gukumira ibibazo byose, ariko dushobora kwitegura no kubyitwaramo neza kandi vuba, mu gihe bikenewe, hakenewe ubufatanye.”

Perezida Kagame yagaragaje ko ubufatanye mu kugarura umutekano byagaragaye ko bitanga umusaruro, yatanze urugero muri Mozambique no muri Santrafurika aho ingabo z’u Rwanda ziri mu bikorwa byo kubungabunga amahoro.

Yagaragaje ko mu gihe uburyo nk’ubwo bwageragezwa muri RD Congo byagira icyo bihindura hakagaruka ituze.

Ibibazo bya Congo u Rwanda rwakomeje kugaragaza ko ari ibyabo bwite, kandi kubirushyiramo ari ukwirengagiza ukuri no kuyobya amahanga.

U Rwanda ruvuga ko abagize M23 ari abanyekongo bityo Leta yabo ikwiye kuganira na bo ibintu Congo idakozwa.

Perezida Paul Kagame agaragaza ko ubufatanye bw’ibihugu byakemura ikibazo cy’umutekano muke mu baturanyi

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yakiriye Intumwa yihariye ya Perezida Paul…

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

Miss Nishimwe Naomie ubitse ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yihanangirije…

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

Thomas Lubanga washinze umutwe witwaje intwaro wa FRP (Force pour la révolution…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

AFC/M23 igenzura ubutaka bufite ubuso burenga kilometero kare ibihumbi 34

1 Min Read
Politike

Macron, Zelensky n’abandi bayobozi bakiriye amasezerano y’u Rwanda na RDC nk’intambwe ikomeye

4 Min Read
Politike

Tshisekedi yiyemeje gusabira Trump igihembo cya Nobel nashobora gukemura iyi ntambara

2 Min Read
Politike

DRC: Olusegun Obasanjo yasuye  Tshisekedi akubutse mu Rwanda

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?