BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 23, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > Perezida Kagame yabajije Abayobozi barya ruswa impamvu bigereranya n’ikibi

Perezida Kagame yabajije Abayobozi barya ruswa impamvu bigereranya n’ikibi

admin
Last updated: March 23, 2026 8:55 pm
admin
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yabajije Abayobozi mu nzego zitandukanye impamvu bakomeje kurya ruswa bitwaje ko u Rwanda ruri ku kigero cyo hasi ku rwego Mpuzamahanga mu mitangire ya ruswa, ugereranyije n’ibindi bihugu; ababaza impamvu bakomeza kwisanisha n’ikibi.

Umukuru w’Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa 23 Werurwe 2026, mu nama y’Abayobozi bo mu Nzego z’Ibanze n’Inzego nkuru za Guverinoma yabereye i Gako mu Karere ka Bugesera.

Perezida Kagame yagaragarije abo bayobozi ko bose bazi ububi bwa ruswa ariko ugasanga bashaka gukora iyo bwabaga ngo bakunde bayirye bagamije inyungu zabo bwite.

Yagize ati: ”Uzajya gusaba serivise mu nzego zitandukanye ariko baragutinza ngo wibwire ko hari ikigomba kubigobotora. Ngira ngo ikibashuka iyo ugereranyije urwego turiho nk’u Rwanda turi hasi kurusha ibindi bihugu; ariko kuki mushaka kwigereranya n’ikindi gihugu? Kuki mwigereranya n’ikibi?”.

Raporo yo muri Gashyantare y’Umuryango Mpuzamahanga urwanya Ruswa n’Akarengane, (Transparency International, TI) watangaje ko mu 2025, u Rwanda rwabaye urwa 41 mu krwanya ruswa nke, ruvuye ku mwanya wa 43 mu 2024.

Perezida Kagame yagaragaje ko hari abagira urwitwazo ko u Rwanda ruri hasi mu kurya ruswa ugereranyije na bimwe mu bindi bihugu bigatuma hari abayitagatifuza bakayirya bagamije gukurura bishyira ari na ko bimunga iterambere ry’Igihugu.

Yongeyeho ati: “Ngo igihugu runaka ruswa yaracyishe iyacu ni nke, ruswa nkeya imera ite cyangwa ushaka iy’iki? Ruswa nkeya bivuze iki? Ubu umuntu yakwirirwa yigisha buri munsi kurwanya ruswa mu mikorere utazi ububi bwayo ninde? Ahubwo abakora nabi bagerageza guhindura ruswa inyungu zabo.”

Perezida Kagame yagaragaje ko abantu bari bakwiye kuba barambiwe imikorere mibi bakareka kwigira nk’inka ziragirwa zerekwa inzira ahubwo bagakoresha ubwenge n’umutimanama wabo.

Yagize ati:”Mufite ubwenge, mufite ubwonko, mukwiye gukoresha ubwenge bwanyu n’ubumenyi neza mu nyungu z’Igihugu kandi inyungu z’Igihugu ni inyungu zawe nawe.”

Yongeyeho ko nta muntu wakorera mu nyungu ze bwite ngo Igihugu cyibyungukiremo abasaba kudakoresha ubushobozi bwacyo mu nyungu zabo bwite.

Perezida Kagame yanenze ababona imikorere nk’iyo bakaryumaho avuga ko uguceceka imikorere mibi nawe aba ari umufatanyabikorwa w’abakora batyo.

Umukuru w’Igihugu yagaragaje ko nkuko abantu batifuza ko bahabwa serivise mbi na bo bari bakwiye gutanga nziza kuri bose hatabayeho kurobanura.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Iran yahakanye yivuye inyuma iby’ibiganiro na Amerika byo kurangiza intambara

Minisiteri y'ububanyi n'amahanga ya Iran irahakana ko hari ibiganiro hagati ya Tehran…

Igisubizo Kabila yatanze abajijwe niba atabona ko ari ikibazo kuba aba ahari icyicaro cya AFC/M23

Joseph Kabila wigeze kuba Perezida wa DRC, avuga ko kuba ari i…

Perezida Kagame yabajije Abayobozi barya ruswa impamvu bigereranya n’ikibi

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yabajije Abayobozi mu nzego zitandukanye…

Colombia: Indege yarimo abasirikare 100 yahanutse

Indege y’ingabo zirwanira mu kirere yarimo abasirikare babarirwa hagati ya 80 na…

Trump yaciye amarenga yo guhagarika ibitero kuri Iran vuba

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yaciye amarenga ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

Nyagatare: Hangijwe ibiyobyabwenge birimo urumogi na kanyanga bifite agaciro k’arenga miliyoni 56 frw

1 Min Read
Mu Rwanda

Musanze: Yafatanywe ibiro bisaga 6 by’urumogi arimo kurukwirakwiza

2 Min Read
Mu Rwanda

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

2 Min Read
Mu Rwanda

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?