BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Perezida Emmanuel Macron yashimiye umukinnyi wa Maroc

Perezida Emmanuel Macron yashimiye umukinnyi wa Maroc

admin
Last updated: December 15, 2022 5:30 pm
admin
Share
SHARE

Nyuma yo kureba umukino wahuje u Bufaransa n’Ikipe y’Igihugu ya Maroc, Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron yashimiye umukinnyi, Sofyan Amrabat ahamya ko yitwaye neza muri iri rushanwa.

Imikinire ya Sofyan Amrabat, yashimwe na Perezida Emmanuel Macron

Ku wa Gatatu tariki 14 Ukuboza, ni bwo ikipe y’igihugu y’u Bufaransa yakatishije itike yo kuzakina umukino wa nyuma w’igikombe cy’Isi nyuma yo gusezerera Maroc muri ½ iyitsinze ibitego 2-0.

Nyuma y’uyu mukino, Perezida Emmanuel Macron yinjiye mu rwambariro rwa Maroc abwira Sofyan Amrabat ko yagakwiye kuba umukinnyi w’irushanwa mu bakina hagati mu kibuga.

Umunyamakuru uzwiho gutangaza inkuru z’abakinnyi bahinduye amakipe ku mugabane w’i Burayi mu ba mbere, Fabrizio Romano yavuze ko uyu mukinnyi yishimiwe cyane na Perezida Emmanuel Macron.

Umwe mu bakinnyie ba Les Bleus, Antoine Griezmann wanahembwe nk’umukinnyi witwaye neza kuri uyu mukino, yavuze ko Abanya-Maroc bamushimije kandi bitwaye neza ahubwo gutsindwa ari iby’umupira w’amaguru.

Intsinzi y’u Bufaransa, yatumye umutoza mukuru w’iyi kipe y’igihugu, Didier Deschamps ahita agira ijambo nyamara amasezerano ye agiye kurangira ariko amakuru ava mu Bufaransa avuga ko azongererwa andi.

U Bufaransa bwasanze Argentine ku mukino wa nyuma uzaba ku Cyumweru tariki 18 Ukuboza, mu gihe ku wa Gatandatu hazaba habaye umukino wo guhatanira umwanya wa Gatatu uzahuza Croiatie na Maroc.

Perezida Emmanuel Macron ahamya ko Amrabat yakabaaye umukinnyi mwiza mu bakina hagati

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

2 Min Read
Imikino

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini mu munyenga w’urukundo 

2 Min Read
Imikino

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

2 Min Read
Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?