BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jul 19, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Iyobokamana > Pastor Kabanda yamaganye abakomeje ku mwiyitirira ku mbuga nkoranyambaga

Pastor Kabanda yamaganye abakomeje ku mwiyitirira ku mbuga nkoranyambaga

sam
Last updated: May 13, 2025 10:01 am
sam
Share
SHARE

Pastor Juliene Kabanda wayoboraga Grace Room iheruka kwamburwa ubuzimagatozi, yamaganye abakomeje kumwiyitirira ku mbuga nkoranyambaga bandika ibintu bitandukanye mu izina rye.

Ni ubutumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze ndetse anamenyesha RIB na Police.

Iri torero riherutse kwamburwa ubuzima gatozi n’urwego rw’igihugu rw’imiyoborere(RGB) nyuma yo gusanga ritubahiriza ibikubiye mu itegeko rigena imitunganyirize n’imikorere by’imiryango ishingiye ku myemerere.

RGB ivuga ko Grace Room yakunze gukora ibikorwa bijyanye no gusenga, ariko kandi bihabanye n’ibikorwa n’intego zayo nk’uko bigaragara mu mategeko shingiro yayo.

Ubusanzwe mu mategeko y’imiryango itegamiye kuri leta, harimo ko Minisiteri iba ikora ibikorwa by’iterambere, bidafite aho bihuriye n’iby’insengero.

Itegeko risobanura Minisiteriya “nk’itsinda ry’abantu rishamikiye ku muryango rikora ibikorwa bigamije iterambere”.

Bitandukanye na Grace Room, yakoraga ibikorwa bisanzwe by’amasengesho, ibikorwa bimeze nk’iby’urusengero kandi uburenganzira yahawe atari byo bugena. Yarenze ku byo amatege bimeze bityo mu Cyumweru gishize, habatijwe abantu barenga 500 ndetse bisanzwe bikorwa.

Pasiteri Julienne Kabanda yakunze kuvuga ko mu 2018 aribwo yagize iyerekwa ryatumye atangiza Grace Room Ministries ifite intego z’uko mu myaka irindwi izaba yarafashije abagera kuri miliyoni ebyiri kwakira Kirisitu Yesu no gufasha abababaye.

Grace Room Ministries iyoborwa na Pasiteri Julienne Kabirigi Kabanda, ikorera i Nyarutarama. Ni rimwe mu matorero afite abantu benshi muri iki gihe ndetse hashize iminsi rikora ibitaramo muri BK Arena bikitabirwa n’abantu benshi.

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Rubavu: Umugore afunzwe akekwaho kwica umugabo we

Umugore wo mu Karere ka Rubavu afunzwe akekwaho kwica umugabo we w’imyaka…

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

Perezida w’ikipe ya AS Kigali, Shema Ngoga Fabrice, agiye gutanga kandidatire yo…

RDC na M23 basinyanye amasezerano aganisha ku mahoro arambye

Intumwa za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’iz’umutwe wa…

Shema Ngoga Fabrice yatanze kandidatire yo kuyobora FERWAFA

Shema Ngoga Fabrice usanzwe uyobora AS Kigali yatanze kandidatire yo kuyobora Ishyirahamwe…

RDC: Umudepite yatabarije impunzi z’ Abanyekongo ziri mu Burundi ko ubuzima bwazo buri mu kaga

Umudepite uhagarariye Intara ya Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Iyobokamana

DRC: Kiliziya yacucuwe n’abajura musenyeri ategeka ko ifungwa

1 Min Read
Iyobokamana

Abayisilamu bo mu Rwanda bizihije umunsi mukuru w’Igitambo uzwi nka EID AL ADHA.

1 Min Read
Iyobokamana

Ruhango: RGB yahagaritse amasengesho yaberaga ku Ngoro ya Yezu Nyirimpuhwe

1 Min Read
Iyobokamana

Robert Prevost watorewe kuyobora Kiliziya Gatolika ku Isi ni muntu ki?

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?