BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Papa Leo XIV yakiriye Perezida Ramaphosa i Vatican mu gihe Afurika y’Epfo na Amerika bitavuga rumwe

Papa Leo XIV yakiriye Perezida Ramaphosa i Vatican mu gihe Afurika y’Epfo na Amerika bitavuga rumwe

admin
Last updated: November 8, 2025 6:18 pm
admin
Share
SHARE

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yakiriwe na Papa Leo wa XIV ku biro bye i Vatican kuri uyu wa Gatandatu, mu ruzinduko rwa dipolomasi n’amahoro mu gihe icyo gihugu gikomeje kutavugwa rumwe na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Uru ruzinduko rwabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 8 Ugushyingo 2025, rubera mu Ngoro y’Apostolike i Vatican, aho abo bayobozi bombi bagiranye ibiganiro byihariye ndetse banasangizanya impano mu rwego rwo gushimangira ubufatanye bwabo.

Uru ruzinduko rubaye nyuma y’uko Perezida Donald Trump yari aherutse gutangaza ko nta muyobozi n’umwe w’Umunyamerika uzitabira inama rusange ya G20 iteganijwe kuzabera mu mujyi wa Johannesburg kuva ku wa 22 Ugushyingo kugeza 23 uyu mwaka muri Afurika y’Epfo, icyemezo cyakomeje guterwaho impaka na benshi mu banyapolitike batandukanye ku isi.

Kugeza ubu amakuru ahari avuga ko Trump yafashe uwo mwanzuro utoroshye, avuga ko Afurika y’Epfo yahawe ubwo bubasha bwo kwakira iyo nama ya G20 isanzwe ihuza abanyapolitike ndetse n’abayobozi b’ibihugu bitandukanye ku isi nta bushobozi ifite bwo kuyakira ndetse anashinja Leta ya Afurika y’Epfo iyobowe na Ramaphosa kugirira nabi Abazungu batuye icyo gihugu.

Uku kutumvikana hagati ya Trump ndetse na Perezida wa Afurika y’Epfo Ramaphosa byanatumye Trump uyoboye Leta Zunze Ubumwe z’Amerika afata umwanzuro wo kugabanya impunzi n’abimukira bava muri Afurika y’Epfo bajya muri Amerika.

Perezida Ramaphosa yamaganiye kure ibi birego, avuga ko ibyo Amerika ishinja igihugu cye ko ntaho bihuriye n’ukuri yewe ko nawe ubwe yabiganiriyeho na Trump ariko ntibyagira icyo bitanga ni mu gihe kandi abatuye Afurika y’Epfo bo bakomeje gutangaza ko nubwo bimeze bityo Abazungu batuye muri icyo gihugu aribo babayeho neza kurusha n’abenegihugu.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Uganda igiye gukomorera Facebook nyuma y’imyaka 5 ifunzwe 

2 Min Read
Mu mahanga

Gisagara: Abantu batatu bafunzwe bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi

1 Min Read
Mu mahanga

Muyaya yise intambara yo mu Burasirazuba bwa RDC akantu gato ku gihugu

1 Min Read
Mu mahanga

Ethiopia: Ikirunga cyarutse nyuma y’imyaka ibihumbi 12 gisinziriye 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?