BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Feb 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Padiri Lukanga wakoreraga i Kabgayi yitabye Imana

Padiri Lukanga wakoreraga i Kabgayi yitabye Imana

admin
Last updated: January 3, 2023 10:21 am
admin
Share
SHARE

Padiri Lukanga Kalema Charles wakoreraga muri Diyosezi Gatolika ya Kabgayi yaguye mu Bitaro bya Kabgayi azize uburwayi.

Padiri Lukanga Kalema Charles wa Diyosezi Gatolika ya Kabgayi yapfuye

Nk’uko tubikesha ikinyamakuru cy’Inama y’Abepisikopi Gatolika mu Rwanda, Padiri Lukanga Kalema Charles yitabye Imana ku mugoroba wo kuri uyu wa 2 Mutarama 2023.

Bati “Padiri Lukanga Kalema Charles wa Diyosezi ya Kabgayi yitabye Imana ku mugoroba wo kuri uyu wa 2 Mutarama 2023 mu bitaro bya Kabgayi.”

Padiri Lukanga amakuru akaba avuga ko yazize uburwayi bw’impyiko yari afite.

Yakoze imirimo y’ivugabutumwa inyuranye, aho kuva mu 1992 kugeza 2003 yakoraga nk’umucungamutungo wa Seminari nto yitiriwe mutagatifu Leon i Kabgayi, aho yavuye akomereza muri Paruwasi ya Byimana mu Ruhango nka Padiri mukuru, akomereza kuri Paruwasi ya Gihara muri Kamonyi.

Padiri Lukanga yaje kurwara ajya kuba mu rugo rw’umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi, gusa yaje gukomerezwa ajyanwa mu bitaro bya Kabgayi aho yaguye.

Abapadiri bakoranye bya hafi bavuga ko yari umuntu warangwagwa n’ukuri, akita ku murimo ashinde, kandi akabana neza na bose.

Padiri Lukanga yakunze cyane kwita ku burezi, aho yagaragaje kwita cyane ku banyeshuri bava mu miryango itishoboye akabafasha kwiga, ndetse akabafasha mu buzima bwabo.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • narame says:
    January 3, 2023 at 11:25 am

    Abaye yitabye imana mu ijuru,bene wabo aho kurira,bakoresha umunsi mukuru.Muzarebe iyo umuntu wacu agiye i Burayi cyangwa muli Amerika.Turishima cyane.Reba noneho aramutse agiye mu ijuru,yitabye Imana !!!Twakoresha umunsi mukuru ukomeye!! Ikinyoma cya Roho idapfa kandi itekereza,cyahimbwe n’umugereki witwaga Platon utaremeraga imana abakristu dusenga.Muli bible,Umubwiriza igice cya 9 umurongo wa 5,havuga ko upfuye atongera kumva.Muli Yohana 6,umurongo wa 40,Yesu yavuze ko upfuye yaririndaga gukora ibyo imana itubuza,izamuzura ku munsi wa nyuma,ikamuha ubuzima bw’iteka.Uko niko kuli.Ibindi ni ibinyoma bibabaza Imana yaturemye.

    Reply
  • Kubana says:
    January 3, 2023 at 3:53 pm

    Wowe ngo uri narame ntuzongere kujya uzana iyo myumvure yawe y’ubuhakanyi. Igihe YEZU KRISTU se abwiye igisambo cyamwemereye ku musaraba ati ” mu kanya turaba turi kumwe muri Paradizo” wowe ubipinga nka nde wa muhakanyi we wiha gukwirakwiza ibinyoma wigira intyoza y’amafuti gusa!!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye ibikorwa by’Inama y’Abakuru b’Ibihugu…

Amateka y’umunsi w’abakundana wa ‘Saint Valentin’

Ubusanzwe umunsi wa Saint Valentin wizihizwa tariki 14 Gashyantare ku Isi hose…

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo…

Umuryango w’Abibumbye urashinja RSF kwica abasivili barenga 6000 mu minsi itatu

Raporo yashyizwe ahagaragara n'Umuryango w'Abibumbye (UN), ivuga ko umutwe urwanya ubutegetsi bwa…

Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganta kuzasura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?