BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jul 18, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Padiri Lukanga wakoreraga i Kabgayi yitabye Imana

Padiri Lukanga wakoreraga i Kabgayi yitabye Imana

admin
Last updated: January 3, 2023 10:21 am
admin
Share
SHARE

Padiri Lukanga Kalema Charles wakoreraga muri Diyosezi Gatolika ya Kabgayi yaguye mu Bitaro bya Kabgayi azize uburwayi.

Padiri Lukanga Kalema Charles wa Diyosezi Gatolika ya Kabgayi yapfuye

Nk’uko tubikesha ikinyamakuru cy’Inama y’Abepisikopi Gatolika mu Rwanda, Padiri Lukanga Kalema Charles yitabye Imana ku mugoroba wo kuri uyu wa 2 Mutarama 2023.

Bati “Padiri Lukanga Kalema Charles wa Diyosezi ya Kabgayi yitabye Imana ku mugoroba wo kuri uyu wa 2 Mutarama 2023 mu bitaro bya Kabgayi.”

Padiri Lukanga amakuru akaba avuga ko yazize uburwayi bw’impyiko yari afite.

Yakoze imirimo y’ivugabutumwa inyuranye, aho kuva mu 1992 kugeza 2003 yakoraga nk’umucungamutungo wa Seminari nto yitiriwe mutagatifu Leon i Kabgayi, aho yavuye akomereza muri Paruwasi ya Byimana mu Ruhango nka Padiri mukuru, akomereza kuri Paruwasi ya Gihara muri Kamonyi.

Padiri Lukanga yaje kurwara ajya kuba mu rugo rw’umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi, gusa yaje gukomerezwa ajyanwa mu bitaro bya Kabgayi aho yaguye.

Abapadiri bakoranye bya hafi bavuga ko yari umuntu warangwagwa n’ukuri, akita ku murimo ashinde, kandi akabana neza na bose.

Padiri Lukanga yakunze cyane kwita ku burezi, aho yagaragaje kwita cyane ku banyeshuri bava mu miryango itishoboye akabafasha kwiga, ndetse akabafasha mu buzima bwabo.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • narame says:
    January 3, 2023 at 11:25 am

    Abaye yitabye imana mu ijuru,bene wabo aho kurira,bakoresha umunsi mukuru.Muzarebe iyo umuntu wacu agiye i Burayi cyangwa muli Amerika.Turishima cyane.Reba noneho aramutse agiye mu ijuru,yitabye Imana !!!Twakoresha umunsi mukuru ukomeye!! Ikinyoma cya Roho idapfa kandi itekereza,cyahimbwe n’umugereki witwaga Platon utaremeraga imana abakristu dusenga.Muli bible,Umubwiriza igice cya 9 umurongo wa 5,havuga ko upfuye atongera kumva.Muli Yohana 6,umurongo wa 40,Yesu yavuze ko upfuye yaririndaga gukora ibyo imana itubuza,izamuzura ku munsi wa nyuma,ikamuha ubuzima bw’iteka.Uko niko kuli.Ibindi ni ibinyoma bibabaza Imana yaturemye.

    Reply
  • Kubana says:
    January 3, 2023 at 3:53 pm

    Wowe ngo uri narame ntuzongere kujya uzana iyo myumvure yawe y’ubuhakanyi. Igihe YEZU KRISTU se abwiye igisambo cyamwemereye ku musaraba ati ” mu kanya turaba turi kumwe muri Paradizo” wowe ubipinga nka nde wa muhakanyi we wiha gukwirakwiza ibinyoma wigira intyoza y’amafuti gusa!!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yakiriye Intumwa yihariye ya Perezida Paul…

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

Miss Nishimwe Naomie ubitse ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yihanangirije…

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

Thomas Lubanga washinze umutwe witwaje intwaro wa FRP (Force pour la révolution…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rufite ikizere cy’uko amasezerano rwasinyanye na DRC azatanga umusaruro

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?