BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Feb 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nyirasafari Esparance ni we ugiye kuba ari Perezida wa Sena by’agateganyo

Nyirasafari Esparance ni we ugiye kuba ari Perezida wa Sena by’agateganyo

admin
Last updated: December 9, 2022 11:34 am
admin
Share
SHARE

Inteko rusange y’Inteko Ishinga Amategeko umutwe wa Sena yemeje ubwegure bwa Dr. Iyamuremye Augustin weguye ku mwanya wo kuba Perezida wa Sena kubera uburwayi.

Nirasafari Esperance uri iburyo bwa Dr Iyamuremye Augustin ni we wahise agirwa Perezida wa Sena

Dr. Iyamuremye yatangaje ko yeguye kuko arwaye indwara itandura, ariko ntabwo yatangaje iyo ayari yo.

Senateri Nyirasafari Esperance wari Visi Perezida wa Sena ushinzwe ibijyane n’amategeko ni we ugiye kuyobora Sena by’agateganyo.

Inteko rusange ya Sena yateranye kuri uyu wa 09 Ukuboza 2022, yemeje ko Dr. Iyamuremye Augustin atakiri Perezida wayo ndetse yeguye no ku nshingano z’Ubusenateri.

Mu itangazo ryasohowe n’Inteko Ishinga Amategeko umutwe wa Sena rivuga ko Dr Iyamuremye yabwiye inteko rusange ko yeguye kubera impamvu z’uburwayi.

Itangazo rigira riti “Dr. Iyamuremye Augustin yatangarije Inteko Rusange ya Sena ko yeguye ku mwanya wa Perezida wa Sena n’umurimo w’ubusenateri kubera impamvu z’uburwayi.”

Abasenateri bose bari bitabiriye iyi nteko rusange batoye “Yego” bemeza ko ko Dr Iyamuremye avuye burundu muri Sena y’u Rwanda.

Ku wa Kane bitunguranye nibwo Dr. Iyamuremye Augustin yanditse ibaruwa yo kwegura.

Perezida wa Sena y’uRwanda yeguye

Dr Iyamuremye uri hagati yavuze ko yeguye kubera uburwayi

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Ndengejeho Pascal Baylon says:
    December 9, 2022 at 7:24 pm

    Halya mu Rwanda abategetsi baregura,cyanga bareguzwa? Hano hashobora kuba harimo agakino katoroshye. Isimburwa lye nilyo rizatwereka ukuri.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye ibikorwa by’Inama y’Abakuru b’Ibihugu…

Amateka y’umunsi w’abakundana wa ‘Saint Valentin’

Ubusanzwe umunsi wa Saint Valentin wizihizwa tariki 14 Gashyantare ku Isi hose…

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo…

Umuryango w’Abibumbye urashinja RSF kwica abasivili barenga 6000 mu minsi itatu

Raporo yashyizwe ahagaragara n'Umuryango w'Abibumbye (UN), ivuga ko umutwe urwanya ubutegetsi bwa…

Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganta kuzasura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?