BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nyarugenge: Imvura yishe umumotari

Nyarugenge: Imvura yishe umumotari

admin
Last updated: November 17, 2022 10:25 am
admin
Share
SHARE

Imvura yaraye iguye mu Mujyi wa Kigali kuri uyu wa Gatatu tariki ya 16 Ugushyingo 2022, yatwaye ubuzima bw’ umumotari  nk’uko ubuyobozi bwabitangaje.

Imvura yaraye iguye yishe umumotari muri Nyarugenge

Ibi byabereye mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka Nyarugenge.

Amakuru UMUSEKE wahawe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kimisigara,Kalisa Jean Sauveur, yavuze ko iyi mvura yatwaye umugabo uri mu kigero cy’imyaka 38 usanzwe ukora akazi ko gutwara abantu kuri moto.

Uyu muyobozi yavuze ko uyu mugabo yari yugamye ariko ikinyabiziga cye umuvu ukagitembana, nawe aza kuburiramo ubuzima.

Yagize ati “Ni umuntu umwe watakaje ubuzima.Ni umumotari wari wugamye ahantu,kuko imvura yari nyinshi cyane ,moto abonye igiye ahantu yari yayiparitse,agenda nkugiye kuyigarura,agiye ayikurikiye muri ya mazi ahita amufata aramutwara, nyuma yaho yaje kwitaba Imana.”

Gitifu Kalisa yavuze ko nta bindi bikorwaremezo byangijwe n’iyo mvura cyeretse imiferege yuzuye itaka ndetse n’imiyoboro y’amazi ikaziba.

Yasabye abantu bagituye ahantu hashyira ubuzima bwabo mu kaga kuhimuka.

Yagize ati “Umutekano w’umuntu ureba umuntu ku giti cye.Icyo tubasaba ni uko abantu batuye ahantu hashobora gushyira ubuzima bwabo  mu kaga, gufata ingamba zo kuhimuka ndetse bakirinda ikintu cyose cyashyira ubuzima bwabo mu kaga.”

Usibye mu Murenge wa Kimisagara, andi makuru avuga ko mu Murenge wa Gatenga, AKagari ka Karambo,Umudugu wa Jyambere, imvura yatwaye ubuzima bw’umugabo wari usanzwe akora amagare(Umukanishi).

Umurambo w’uyu mumotari  wahise ujyanwa ku Bitaro bya Kacyiru kugira ngo ukorerwe isuzuma.

 

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

 

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • kagare says:
    November 17, 2022 at 11:19 am

    Inkuru ibabaje cyane.Abo yasize bihangane cyane.Ariko se koko yakurikiye moto,umuvu uramutwara “yitaba Imana”?? Abaye yitabye imana mu ijuru,bene wabo aho kurira,bakoresha umunsi mukuru.Muzarebe iyo umuntu wacu agiye i Burayi cyangwa muli Amerika.Turishima cyane.Reba noneho aramutse agiye mu ijuru,yitabye Imana !!!Twakoresha umunsi mukuru ukomeye!! Ikinyoma cya Roho idapfa kandi itekereza,cyahimbwe n’umugereki witwaga Platon utaremeraga imana abakristu dusenga.Muli bible,Umubwiriza igice cya 9 umurongo wa 5,havuga ko upfuye atongera kumva.Muli Yohana 6,umurongo wa 40,Yesu yavuze ko upfuye yaririndaga gukora ibyo imana itubuza,izamuzura ku munsi wa nyuma,ikamuha ubuzima bw’iteka.Uko niko kuli.Ibindi ni ibinyoma bibabaza Imana yaturemye.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?