BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 23, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > Nyarugenge: Umugore yaguwe gitumo na Polisi afite ibiro bibiri by’urumogi

Nyarugenge: Umugore yaguwe gitumo na Polisi afite ibiro bibiri by’urumogi

sam
Last updated: July 22, 2025 2:06 pm
sam
Share
SHARE

Kuri uyu wa  22 Nyakanga 2025, Polisi ifatanije n’abaturage yafashe umugore witwa Mukamana Thamar  afite urumogi ibiro bibiri n’udupfunyika 184. Yari arubitse mu nzu atuyemo kugira ngo arugurishe abakiriya be.

Yafatiwe mu Karere la Nyarugenge, Umurenge wa Mageragere, Akagali ka Mataba, Umudugudu wa Burema, saa tanu z’amanywa.

Byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage, aho bahamagaye Polisi ikorera muri uyu Murenge bakayibwira ko uyu mugore acuruza urumogi. Abapolisi bihutiye kujya iwe murugo bahageze yanga gukingura nyuma aza kwemera arakingura basatse inzu basangamo urumogi n’umunzani akoresha apimira abakiriya be.

Mukamana n’urumogi rwe yajyanywe gufungirwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Mageragere ngo akorerwe dosiye ashykirizwe urwego rw’ubugenzacyaha RIB akurikiranwe n’amategeko.

Polisi y’ u Rwanda irashimira abaturage bamaze kumva neza uruhare rwabo mu guhashya abantu bakwirakwiza ibiyobyabwenge mu baturage, inashishikariza abatarabyumva guhindura imyumvire bakajya batanga amakuru igihe hari aho babonye ibiyobyabwenge.

Polisi kandi iraburira abantu bacyumva ko bazakora imishinga yo gucuruza ibiyobyabwenge ko bitazabahira kuko Polis ifatanyije n’abaturage hamwe n’izindi nzego yabahagurukiye kugira ngo bafatwe, bahanwe kandi ibihano birakomeye. Polisi iti “Nibashake ibindi bakora birahari.” Ikagira inama ababinywa ko babireka kuko “Nta kiza kirimo uretse gutakaza ubuzima.”

Iteka rya Minisitiri nº 001/moh/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo, rishyira ikiyobyabwenge cy’urumogi mu biyobyabwenge bihambaye.

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko Umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’Amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Kwegura kwa Visi Perezida w’u Buhinde byateje impaka n’urujijo

Ubwegure butunguranye bwa Visi-Perezida w’u Buhinde wari unayoboye Inteko Ishinga Amategeko umutwe…

Nyarugenge: Umugore yaguwe gitumo na Polisi afite ibiro bibiri by’urumogi

Kuri uyu wa  22 Nyakanga 2025, Polisi ifatanije n’abaturage yafashe umugore witwa…

Umugore yakanze imyanya y’ibanga y’umugabo we kugeza ivuyemo amaraso

Umugore w’imyaka 57 wo mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Nyanza,…

U Rwanda rugiye gushyira amarerero mu bigo bya Polisi

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface, yatangaje ko hagiye gushyirwaho…

Burikantu akurikiranyweho icyaha cyo gufungirana inkumi ebyiri

Mwitende Abdoulkarim wamenyekanye cyane ku mbuga nkoranyambaga nka Burikantu yatawe muri yombi,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rubavu: Umugore afunzwe akekwaho kwica umugabo we

1 Min Read
Mu Rwanda

Shema Ngoga Fabrice yatanze kandidatire yo kuyobora FERWAFA

2 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Aba Minisitiri b’umutekano w’imbere mu Rwanda na DR.Congo bahuriye muri Qatar

2 Min Read
Mu Rwanda

Santarafurika: Amb Kayumba yagiranye ibiganiro n’aba ofisiye ba RCS

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?